INKURU ZIDASANZWE

FARDC yemeje ko umujyanama mu bya politiki wa Corneille Nangaa yamufunze

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyatangaje ko cyataye muri yombi Eric Nkuba Shebandu alias Malembe wari umujyanama mu bya politiki wa Corneille Nangaa uyobora ihuriro Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe wa M23.

Advertisements

Ifatwa rya Nkuba uzwi nka ‘Malembe’ ryemejwe n’Umuvugizi w’igisirikare cya RDC, Brig Gen Sylvain Ekenge ku mugoroba wo kuri uyu wa 5 Mata 2024.

Umuvugizi wa FARDC, General Major Sylvain Ekenge ubwo yamwerekaga itangazamakuru, yavuze ko yafashwe n’Ingabo zo mu mutwe udasanzwe za RDC, n’ubwo andi makuru avuga ko yafatiwe muri Tanzania n’inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka muri iki gihugu mbere yo kumushyikiriza Congo.

Igisirikare cya RDC cyeretse abanyamakuru amashusho y’ibazwa rya Nkuba, aho abashinzwe iperereza bamubajije abantu bo muri RDC bavugana.

Yagize ati “Ntabwo twigeze tuvugana n’abo ku ruhande rw’igisirikare gusa twavuganye na John Numbi na Joseph Kabila wabaye Perezida. Yewe na Corneille Nangaa ntavugana n’abasirikare.”

Mu bandi yavuze bavugana na AFC harimo Depite Claudel Lubaya, Joseph Olenghankoy na Patient Sayiba, gusa Lubaya we yamaganye iki kirego, asobanura ko cyahimbwe bigizwemo uruhare na Leta ya RDC imuziza ko afite ibitekerezo bitandukanye n’ibyayo.

Amakuru avuga ko Eric Nkuba Shebandu ’Malembe’ yatawe muri yombi n’inzego z’ubutasi bwa Tanzania mu minsi 60 ishize, ubwo yavaga Uganda yerekeza muri icyo gihugu.

Uyu ngo yafatiwe mu murwa mukuru Dar Es Salaam ahita yoherezwa i Kinshasa.Ntacyo uruhande rw’ihuriro AFC ruratangaza kuri aya makuru.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

5 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

5 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

6 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

6 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

6 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

6 months ago