AMATEKA

Kwibuka30: Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yongeye gutunga agatoki Loni yarebereye amahano ya Jenoside

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu Dr. Jean Damascène BIZIMANA yongeye kuvuga amahanga harimo n’Umuryango w’Abibumbye yarebereye Jenoside yakorewe abatutsi kugeza ishyizwe mu bikorwa kandi yarashoboraga gukumirwa ariko ntibyakorwa.

Advertisements

Dr Bizimana Jean Damascène, yavuze ko Loni yari izi neza kandi yabonaga ibihamya ko hari gutegurwa Jenoside ariko nta cyo yakoze mu kuyihagarika.

Ni mu muhango wo gutangiza icyumweru cy’icyunamo aho ibikorwa byakomereje muri Bk Arena ahari hateraniye imbaga n’Abashyitsi b’abanyacyubahiro baje kwifata n’Abanyarwanda Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, nyuma yo kuva ku rwibutso rwa Kigali rwa Jenoside ruri ku Gisozi ahabereye umuhango wo gutangiza icyumweru cy’icyunamo hashyirwa indabo no kunamira imibiri ihashyinguwe no gucana urumuri rw’icyizere kizamara iminis 100.

Abanyacyubahiro batandukanye bifatanyije n’Abanyarwanda Kwibuka30

Ati “Mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, Loni n’ibihugu binyamuryango byayo byari bifite amakuru y’ingenzi kuri Jenoside yategurwaga.’’

Ati “Turibuka iyicwa ry’Abatutsi barenga miliyoni bashoboraga gukizwa na za Leta z’ibindi bihugu. Umuryango w’Abibumbye wemeje iyi mibare iteye ubwoba mu cyemezo 2150 cyo ku ya 16 Mata 2014.”

“Hariho ibimenyetso byinshi byerekana ko ibikorwa bya Jenoside byakorewe ubwoko bw’Abatutsi; abantu barenga miliyoni barishwe muri iyo Jenoside, kandi hari impungenge ziterwa n’ihakana iryo ari ryo ryose riterwa n’iyo Jenoside”

Dr Damascene yakomeje agira ati “Ku itariki ya 7 Nyakanga 2000, Komisiyo Ishinzwe Iperereza y’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika, iyobowe na Ketumile MASIRE wahoze ari Perezida wa Botswana, yasohoye raporo yayo igira iti “Jenoside yabaye mu Rwanda yashoboraga gukumirwa n’abari bagize Umuryango Mpuzamahanga bari mu nshingano muri icyo gihe, kuko bari bafite uburyo bwo kubikora gusa babuze ubushake.”

Mu Rwanda habaye Jenoside yakorewe Abatutsi yaguyemo abarenga miliyoni mugihe cy’iminsi 100 gusa, aha niho Minisitiri Dr Damascene avuga ko amahanga na Loni yarebereraga ibyabaga yashoboraga kugira icyo ikora ariko ntibagire icyo babikoraho byatumye u Rwanda rujya ahabi.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago