Kuri iki Cyumweru tariki 7 Mata, Imodoka ya bisi ya Kensilver yavaga i Meru yerekeza Nairobi yakoze impanuka ubwo yageraga ku kiraro cyahazwi nka Tharaka Nithi bane bakahasiga ubuzima abandi bagakomereka.
Umuyobozi wa polisi mu Ntara ya Tharaka Nithi muri Kenya, Zacchaeus Ngeno, yemeje ko ibi byabaye, ariko avuga ko icyateye iyi mpanuka kitaramenyekana ariko abapolisi batangiye iperereza.
Uyu yemeje ko abantu bane bapfuye barimo abagore babiri,umugabo umwe n’umwana.
Abandi bagenzi umunani bakomerekeye bikabije muri iyi mpanuka yo ku cyumweru nyuma ya saa sita, bajyanwa mu bitaro bya Chogoria na Chuka.
Abari muri iyi bisi benshi bajyanywe mu bitaro bitandukanye byegeranye n’aho impanuka yabereye kugira ngo hamenyekane abapfuye n’abakomeretse.
Ngeno yongeyeho ati: “Turahamagarira abashoferi bose kugira imodoka nzima mu bihe byose, cyane cyane ibinyabiziga rusange.”
Ibikorwa byo gutabara biracyakomeza kuko abayobozi b’intara n’abaganga buzuye aho hantu.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…