Kuri iki Cyumweru tariki 7 Mata, Imodoka ya bisi ya Kensilver yavaga i Meru yerekeza Nairobi yakoze impanuka ubwo yageraga ku kiraro cyahazwi nka Tharaka Nithi bane bakahasiga ubuzima abandi bagakomereka.
Umuyobozi wa polisi mu Ntara ya Tharaka Nithi muri Kenya, Zacchaeus Ngeno, yemeje ko ibi byabaye, ariko avuga ko icyateye iyi mpanuka kitaramenyekana ariko abapolisi batangiye iperereza.
Uyu yemeje ko abantu bane bapfuye barimo abagore babiri,umugabo umwe n’umwana.
Abandi bagenzi umunani bakomerekeye bikabije muri iyi mpanuka yo ku cyumweru nyuma ya saa sita, bajyanwa mu bitaro bya Chogoria na Chuka.
Abari muri iyi bisi benshi bajyanywe mu bitaro bitandukanye byegeranye n’aho impanuka yabereye kugira ngo hamenyekane abapfuye n’abakomeretse.
Ngeno yongeyeho ati: “Turahamagarira abashoferi bose kugira imodoka nzima mu bihe byose, cyane cyane ibinyabiziga rusange.”
Ibikorwa byo gutabara biracyakomeza kuko abayobozi b’intara n’abaganga buzuye aho hantu.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…