AMATEKA

#Kwibuka30: Urubyiruko rwo mu murenge wa Kigarama rwasabwe kurwanya abapfobya Jenoside ku Mbuga nkoranyambaga

Kuri uyu wa gatatu tariki 10 Mata 2024 ubwo mu murenge wa Kigarama mu karere ka Kicukiro bari mu muhango wo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Bwana Rutsinga Jacques yasabye urubyiruko rwo muri uyu murenge kuvuguruza abapfobya Jenoside bifashishije Imbuga nkoranyambaga.

Advertisements

Mu kiganiro cyatangwaga na Adalbert Rukebanuka, Rutsinga Jacques na Lt Col (Rtd) Nyirimanzi Gerard cyari kiyobowe na Bwana Numa Alain, cyagarutse ku mateka ya Jenoside n’itegurwa ryayo, Bwana Rutsinga Jacques yasabye urubyiruko kubanza kumenya amateka y’u Rwanda kugirango ruvuguruze abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Yagize ati: “Abapfobya Jenoside bayipfobya kuko yabayeho nyine, ipfundo ry’ambere ni ukubanza kumenya Amateka y’u Rwanda. Byaje kugararaga ko Amateka y’u Rwanda Umunyarwanda wese ufite umutima kandi agakunda u Rwanda akwiye kuyasigasira. Tukamenya ko mbere y’Abakoroni Abanyarwanda batigeze babaho bashwana ariko Abanyamahanga baraje badusobanurira Umunyarwanda uwariwe uko babishaka(…). Uyu munsi bari kwifashisha ikoranabuhanga ariko intambara uyirwanira aho yerekeye Kandi hariya harafunguye buri wese yagerayo, Urubyiruko rukwiriye kugira uruhare mu kuvuguruza aba ntibagirengo ibi n’ibyo abakuru kuko barabishobora”.

Yakomeje avuga ko kugirango urubyiruko rubashe kuvuguruza abagoreka amateka bifashishije imbuga nkoranyambaga bagomba kubanza kumva neza icyo bahisemo ati: “Kugirango tubashe guhangana n’Abapfobya, birasaba ko natwe tubanza kumva neza icyo twahisemo niba ari ubumwe tubyumve neza ntakujenjeka kuko amakiriro y’uru Rwanda ari mu rubyiruko.”

Urubyiruko rwo mu murenge wa Kigarama rwasabwe kurwanya abapfobya Jenoside ku Mbuga nkoranyambaga no gusigasira amateka y’u Rwanda

Ni ku nshuro ya 30 mu Rwanda hibukwa ibihe bigoye Abanyarwanda banyuzemo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yari imaze igihe kinini itegurwa na Leta yaririho, ikaza gushyirwa mu bikorwa tariki ya 07 Mata 1994, nyuma y’iraswa ry’indege yari itwaye uwahoze ari Perezida w’igihugu Habyarimana Juvenal urupfu rwe rukaba imbarutso ya Jenoside yari yarateguwe mbere, ariko nyuma ikaza guhagarikwa n’Ingabo za FPR-Inkotanyi zari ziyobowe na Nyakubahwa Paul Kagame.

Umuhango wo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu murenge wa Kigarama, waranzwe na bimwe mu bikorwa bijyanye no kwibuka birimo; Gushyira indabo ku Rwibutso rwa Gikondo, kunamira inzirakarengane z’Abatutsi ziruhukiye muri uru rwibutso no gucana urumuri rw’ikizere byakozwe na Bwana Murenzi Donatien Umuyobozi w’Imirimo rusange mu karere ka Kicukiro wari Umushyitsi mukuru, Umuyobozi w’Umurenge wa Kigarama Madamu Umubyeyi Mediatrice, Umuyobozi wa Ibuka mu murenge n’Abandi bashyitsi batandukanye bitabiriye iyi gahunda.

Bwana Murenzi Donatien Umuyobozi w’Imirimo rusange mu karere ka Kicukiro wari Umushyitsi mukuru yasabye abitabiriye Umuhango wo kwibuka mu murenge wa Kigarama gukomeza urugamba rwo guhangana n’abapfobya Jenoside n’abagikwirakwiza ingengabitecyerezo yayo
Hacanwe urumuri rw’ikizere cy’ubuzima nyuma y’imyaka 30 yo kwiyubaka

DomaNews.rw

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago