INKURU ZIDASANZWE

Boko Haram yinjiye muri Cameroon yica abarobyi barenga 20

Abantu bakoraga uburyo bagera kuri 27 bishwe abandi bane bashimuswe n’umugabo uzwi nka Jamā’at Ahl as-Sunnah lid-Da’wah wa’l-Jihād, uzwi cyane ku izina ry’umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram, ku nkombe z’ikiyaga cya Tchad ku mupaka uhuza Cameroon na Nigeria.

Advertisements

Ku cyumweru, tariki ya 7 Mata, abaterabwoba bakekwaho kuba bakomoka mu mutwe wa Buduma wa Abou Ummaymah, bagabye igitero ku baturage bari bateraniye hamwe bakora uburobyi baturutse muri Nigeria ku kirwa cyizwi nka Kofiya hafi ya Darak mu gihugu cya Cameroon.

Amakuru y’ubutasi yatanzwe na Zagazola Makama, impuguke mu kurwanya iterabwoba n’isesengura ry’umutekano mu kiyaga cya Tchad, yatangaje ko uwo mutwe w’iterabwoba wategetse abahohotewe kuryama, bakababoha amaboko inyuma mu mugongo mbere yuko batangira kubica.

Aya makuru avuga ko uwo mutwe w’iterabwoba wanashimuse kandi abandi barobyi bane nyuma yo kubashinja kuneka umutwe wa Leta ya Kisilamu yo mu Ntara ya Afurika y’iburengerazuba (ISWAP).

Imirambo y’abarobyi bishwe yaje gutahurwa n’ingabo z’igihugu nyuma y’igikorwa cyo kubashakisha no gutabarizwa na bagenzi babo bakiriye amakuru y’abishwe ubwo bahungaga igitero cyari cyagabwe.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago