Igihugu cya Zimbabwe cyabimburiye ibindi bihugu ku mugabane w’Afurika mu gutangiza urukingo rwa Virusi itera Sida ikomeje kwica benshi ku isi.
Leta ya Zimbabwe yatangaje kumugaragaro ko yatangiye gahunda yo gutanga urukingo rurinda umuntu kuba yakwandura Virusi itera Sida.
Uru rukingo ruzajya ruha ubudahangarwa umuntu wese warufashe bwo kutandura Virusi itera Sida mu gihe kingana n’amezi abiri.
Bitandukanye n’izindi nkingo, uru rwo ruzajya rumara amezi abiri mu mubiri w’umuntu waruhawe.
Buri mezi abiri abafite ibyago byinshi byo kwandura Virusi itera Sida bazajya bafata uru rukingo kugira ngo rubarinde kwandura.
Uru rukingingo ruje rwunganira ibinini byafatwaga na bamwe kugira ngo birinde kuba bakandura Virusi itera Sida.
Biteganyijwe ko uru rukingo ruzayobokwa ku bwinshi n’abantu bari bafite ibyago byinshi byo kwandura Virusi itera Sida.
Dr Misheck Ruwende uzwi cyane mu buvuzi, yatangaje ko ari nkuru nziza kuba Zimbabwe yatangiye gukoresha izo nkingo zitangwa rimwe mu mezi abiri.
Yagize ati: “Inkuru nziza! Uyu munsi, Zimbabwe niyo yahawe bwa mbere inshinge zo kwirinda virusi itera SIDA. Bitandukanye n’ubundi buryo bw’ibinini bya buri munsi (PrEP). Urushinge rutangwa rimwe mu mezi abiri. ”
Ubusanzwe abashakaga kwirinda virusi itera SIDA bafataga ibinini, gusa ubu bagiye kujya bahabwa urukingo ruzajya rubamaramo amezi abiri.
Ikipe y'u Rwanda irakina na Senegal, mu mukino wa mbere wo gushaka itike y'igikombe cy'Afurika…
Ku wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025, Amerika yemeje ko yafatiye Gen (Rtd) James Kabarebe…
Nyuma y'uko Col. Michel Rukunda waruzwi nka Makanika wagiye aharanira uburenganzira bw'Abanyamulenge yishwe n'igisirikare cya…
Kuri uyu wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025, nibwo Musengamana Béatha wamamaye mu ndirimbo ‘Azabatsinda…
Col Michel Rukunda uzwi nka Makanika wari uyoboye umutwe wa Twirwaneho yishwe n'igisirikare cya Repubulika…
Vaticani iri gutegura umuhango wo gusezera kuri Papa Francis nyuma y’uko bivugwa ko ubuzima bwe…