INKURU ZIDASANZWE

Rwanda FDA, yahagaritse ku isoko ikwirakwizwa n’ikoreshwa ry’umuti w’inkorora ukoreshwa n’abana

Ikigo gishinzwe Ubugenzuzi bw’Ibiribwa n’imiti mu Rwanda, Rwanda FDA, cyahagaritse ku isoko ry’u Rwanda ikwirakwizwa n’ikoreshwa rya nimero 329304 y’umuti witwa Benylin Pediatrics Syrup ukorwa n’Uruganda Johnson & Johnson rwo muri Afurika y’Epfo.

Ni umuti waherukaga guhagarikwa n’ikigo cyo muri Nigerie gishinzwe ubugenzuzi bw’imiti n’ibiribwa, NAFDAC, nyuma y’aho isuzuma ryakorewe muri laboratwari y’inyamaswa ryagaragaje ko ufite igipimo kiri hejuru cy’ikinyabutabire cya Diethylene Glycol.

Ingaruka NAFDAC yagaragaje ko zaterwa n’ubwinshi bw’iki kinyabutabire zirimo kuribwa mu nda, kuruka, kwituma nabi, kunanirwa kwihagarika, kuribwa mu mutwe no kwangirika kw’impyiko ku buryo byagera aho umwana wawuhawe abura ubuzima.

Umuyobozi Mukuru wa Rwanda FDA, Dr. Emile Bienvenu, yasobanuye ko mu guhagarika ikwirakwira ry’iyi nimero ya Benylin, iki kigo cyashingiye ku byavuye mu isuzuma rya NAFDAC, ariko yo asobanura ko nta raporo kirabona ku ngaruka z’uyu muti.

Ati “Amakuru ku ngaruka abitswe na Rwanda FDA yerekana ko kugeza ubu nta raporo yakiriy ku ngaruka z’umuti wavuzwe haruguru. Gusa Rwanda FDA ikaba ihagaritse ikwirakwiza n’ikoreshwa rya nimero yavuzwe haruguru y’uyu muti mu rwego rw’ingamba zo kurinda abantu.”

Uyu muti wakozwe n’uruganda Johnson & Johnson rwo muri Afurika y’Epfo muri Gicurasi 2021, wari kuzasaza muri uku kwezi kwa Mata 2024. Ugenewe abana bari mu kigero cy’imyaka y’amavuko iri hagati y’ibiri na 12.

Leta ya Kenya na yo yamaze kuwuhagarika, isobanura ko yatangiye ubugenzuzi kugira ngo imenye ingaruka waba waragize ku bawukoresheje.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

14 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

14 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

15 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

15 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago