IMIKINO

Cristiano Ronaldo agiye kwishyurwa akayabo nyuma yo gutsinda Juventus mu rukiko

Ikipe ya Juventus yo mu Butaliyani nyuma y’uko itsinzwe mu rubanza yari yarezwemo na Cristiano Ronaldo wayikiniye yategetswe kwishyura akayabo ka miliyoni 8.3 z’amapawundi.

Muri Nzeri umwaka ushize, Ronaldo ukinira ikipe ya Al-Nassr yo muri Arabiya Sawudite yareze Juventus kubera imishahara atishyuwe mu gihe cy’icyorezo cya Covid-19.

Uyu mukinnyi ukomoka muri Porutugali yifuzaga kwishyurwa miliyoni 17 z’amapawundi nk’uko yabisezeranyijwe n’ikipe mu gihe cya Guma mu rugo “Lockdown” ubwo basabwaga kuzahembwa nyuma.

Muri Werurwe 2020 na Mata 2021 abakinnyi ba Juventus bemeye ubusabe bw’ikipe bwo kuzabahemba nyuma y’igihe bitewe n’ubukene ikipe yari irimo icyo gihe, gusa iyo mishahara ntabwo bayihawe.

Iyi kipe yananiwe kwishyura iyo mishahara yari yasezeranyije abakinnyi nk’uko bigaragara muri raporo y’ubukungu iyi kipe yakozwe.

Ikinyamakuru Gazzetta cyivuga ko urukiko nyemurampaka rwasabye ko Ronaldo na Juventus bagabana igihombo aho Juventus yasabwe kwishyura igice cy’ayo yagombaga kwishyura uyu rutahizamu.

Juventus yasabwaga kwishyura miliyoni 17 17 z’amapawundi gusa urukiko rwategetse ko itanga miliyoni 8.3 z’amapawundi ahwanye na kimwe cya Kabiri cy’ayo yagombaga kwishyura.

Cristiano Ronaldo w’imyaka 38 yavuye muri Juventus muri Kanama 2021 nyuma yo kuyimaramo imyaka 3, aho yayitsindiye ibitego 101 mu mikino 134 yayikiniye.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

14 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

14 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

15 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

15 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago