AMATANGAZO

Ibiciro by’amazi ya Jibu byiyongereye

Kompanyi isanzwe icururuza amazi ya Jibu yatangaje ko hagiye kubaho impinduka ku biciro by’amazi ku isoko.

Mu itangazo bashyize hanze iyi kompanyi ya Jibu igurisha amazi yo kunywa yavuze ko ibiciro by’icupa rya litiro 20 ryaguraga 1700 Frw rigiye kujya rigura amafaranga 2000 Frw.

Ni mugihe ijerekani rya litiro 20 ryaguraga 1700 Frw rigiye kujya rigura amafaranga 2000 Frw.

Naho icupa ricurikwa rizwi nka Jumbo ryapimaga litiro 20 ryaguraga 1900 Frw rizajya rigura amafaranga 2000 Frw.

Iyi kompanyi kandi yavuze ko ijerekani ryapimaga litiro 10 ryaguraga 1000 Frw rigiye kujya rigura amafaranga 1200 Frw.

Naho ijerekani ryapimaga litiro 5 ry’amazi ryaguraga 800 Frw rizajya rigura amafaranga 1000 Frw.

N’ibiciro bishya bizatangira gukurikizwa tariki 26 Mata 2024, nk’uko byatangajwe na Kompanyi ya Jibu.

Christian

Recent Posts

Hamenyekana icyatumye Karim Benzema ajya gukinira shampiyona yo muri Arabia Saudite

Rutahizamu w’Umufaransa, Karim Benzema ukinira Al-Ittihad yo muri Arabie Saoudité, yavuze ko kimwe mu byatumye…

2 hours ago

Amerika yahagaritse inkunga ya gisirikare ku gihugu cya Ukraine

Umukozi wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko Trump yifuza ko Perezida…

3 hours ago

U Rwanda rwafatiwe ibihano n’ikindi gihugu gikomeye ku Isi

Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…

6 hours ago

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

1 day ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

1 day ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

1 day ago