INKURU ZIDASANZWE

Masisi: FARDC na Wazalendo bongeye gushyamirana

Ku gicamunsi cyo kuri iki cyumweru Taliki 21 Mata 2024, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri Teritwari ya Masisi mu gace ka Rubaya, habereye kwisubiranamo mu mirwano ikaze yahuje ingabo za Leta FARDC na Wazalendo isanzwe ikorera mu kwaha kw’izi ngabo, maze abagera kuri bane barakomereka maze batandatu barakomereka.

Advertisements

Ni imirwano kugeza ubu bitaramenyekana icyayiteye, icyakora abatangabuhamya babibonye , bavuze ko hashobora kuba habaye kutumvikana ubwo FARDC yajyaga mu isantire ya Rubaya mu birindiro byayo gufata ibiryo, bivamo kurekura amasasu maze bane barapfa harimo umubyeyi n’umwana we w’imyaka itandatu.

Muri Rubaya icyoba cyakomeje kuba cyose abaturage bakuka imitima. Uretse umubare watanzwe w’abapfuye watangajwe, ngo birashoboka ko hari n’abandi bataramenyekana.

Ubuyobozi bwo muri iyi teritwari bwahise buhagera, kugeza ubu bakaba bagikora iperereza ngo hamenyekane impamvu nyiri izina icyateye uko gukozanyaho.

Ntabwo ari ubwa mbere FARDC na Wazalendo bakozanyijeho, kuko bijya bikunda kubaho ko batumvikana akenshi bakaba bakunze gupfa ibiribwa na bimwe mu byo baba basahuye bakananirwa kumvikana uko babigabana. Kuri iki cyumweru kandi, mu Mujyi wa Goma hiriwe umwuka utari mwiuza kuko mu rugo rw’ahazwi nko kwa Munyantwari muri santire ya Birere harasiwe abantu batatu barimo n’umusore uzwi ku izina rya Zombie bahasiga ubuzima. barashwe n’umusirikare wa FARDC bivugwa ko yari yarakajwe n’abaturage mu buryo igitangazamakuru ’Kivu Morning Post’ dukesha iyi nkuru kitasobanuye. Gusa ngo nyuma y’uko kurasa abaturage bahise basumira uwo musirikare baramukubita bamugira intere hafi kumumaramo umwuka.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago