Perezida Kagame yongeye kugaragaza amarangamutima nyuma y’intsinzi ikipe afana ya Arsenal FC akunda yanyagiyemo Chelsea ibitego 5-0 mu mukino w’umunsi wa 34 wa Shampiyona y’u Bwongereza, Premier League.
Ni umukino watumye Arsenal ifat umwanya wa mbere w’agateganyo n’amanota 77.
Umukuru w’Igihugu usanzwe ari umwe mu bafana b’imena ba Arsenal yanditse ku rukuta rwe rwa X (Twitter) ati “Iriya niyo The #Gunners dukunda….!!!”.
Ikipe ya Arsenal nibwo bwa mbere itsinze Chelsea ibitego byinshi bene aka kageni mu marushanwa yose [5-0],ndetse niyo kipe ya kabiri yo mu mujyi wa London iyitsinze ibitego byinshi nyuma ya Queens Park Rangers yayitsinze 6-0 muri Werurwe 1986.
Ikipe ya Arsenal yagerageje amashoti 13 mu gice cya mbere na 14 mu gice cya kabiri ikina na Chelsea (27 yose hamwe) – ayo niyo mashoti menshi iyi kipe yateye igerageza gushaka ibitego mu bice byombi muri Premier League (kuva 2003-04 ).
Kugeza ubu,Liverpool ni iya kabiri ifite amanota 74 irakina na Everton kuri uyu wa Gatatu mu gihe Manchester City ari iya gatatu na 73 ifite ibirarane 2.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…