Mu Mudugudu wa Nyagatovu, Akagari ka Kavumu, mu Murenge wa Busasamana, mu Karere ka Nyanza, haravugwa urupfu rw’amayobera rw’umusore witwa Hakizimana Francois wari umukozi wo mu Rugo.
Ni inkuru y’incamugongo yamenyekanye mu masaha y’igitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Mata 2024, biturutse ku muntu witambukiraga, akabona umurambo w’uyu musore Hakizimana François aryamye hasi iruhande rw’igiti yashizemo umwuka.
Uwamubonye yavuze ko yari aryamye nta gikomere afite ku mubiri.
Amakuru ava mu bari bamuzi avuga ko mu masaha ya saa tatu z’ijoro ryo kuwa Mbere yari mu kabari anywa inzoga, akiri muzima.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme, yemeje iby’aya makuru.
Ati’’Nta kintu kiragaragara cyamwishe, gusa iperereza ryatangiye ngo barebe ko babona impamvu. RIB yatwaye umurambo ngo bajye kuwusuzuma.’’
Ubusanzwe uyu Nyakwigendera wari ufite imyaka 23 yakoraga akazi ko mu rugo, akaba yavukaga mu Karere ka Nyanza,Umurenge wa Nyagisozi, Akagari ka Kirambi, mu Mudugudu wa Gasharu.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…