Kuri uyu wa 24 Mata 2024, imvura yaguye nyinshi mu muhanda wa Nyamasheke werekeza Rusizi wangije ibikorwaremezo birimo karimbo kugeza ubwo icitsemo kabiri ndetse n’ipoto ry’amashanyarazi.
Ibi byabereye ahazwi nka Kamiranzovu mu ishyamba rya Nyungwe, mu Karere ka Nyamasheke, mu Murenge wa Bushekeri, Akagari ka Buvugira, Umudugudu Bujagiro.
Uku kwangirika kw’ipoto ry’amashanyarazi byatumye abaturiye ibyo bice babura umuriro.
Polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda ryemeje aya makuru rivuga ko irimo gukora ibishoboka byose kugira ngo umuhanda wongere ube nyabagendwa.
SP Emmanuel Kayigi, Umuvugizi wa Polisi ishami rishinzwe umutekano mu muhanda yatangaje ko uwo muhanda wangiritse bikomeye kubera imvura yaraye iguye bigatuma ucikamo kabiri, igice kimwe kikagenda.
Ibi bibaye mugihe Meteo Rwanda iherutse gutangaza ingengabihe y’igice cya gatatu cy’imvura iteganyijwe muri uku Kwezi kwa Mata kuva tariki 21 kugeza kuya 31 Mata 2024, izaba iri hejuru ku kigero cy’impuzantengo cy’imvura yarisanzwe igwa mu bice bitandukanye by’Igihugu.
Mu bice Meteo yagaragaje ko imvura izibasira harimo Intara y’Amajyaruguru, iy’Amajyepfo n’Uburengerazuba.
Zimwe mu ngaruka zitezwe kubera imvura imaze iminsi igwa muri ibyo bice harimo kuba ubutaka busoma kuko imvura idasiba kugwa buri munsi hakabamo imyuzure, gutenguka kw’inkangu n’isuri cyane cyane ahantu hahamye itarwanijwe.
Abanyarwanda byumwihariko bakomeza kubwirwa ko bakomeza kuba maso mugihe nk’iki, bashyiraho ingamba zo gukumira ibiza igihe cyose.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…