MU MAHANGA

Umwami w’u Bwongereza Charles III yahaye umugisha gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda

Umwami w’u Bwongereza Charles III yamaze kwemeza umushinga wa gahunda yo kohereza abimukira mu gihugu cy’u Rwanda, ibi bikaba bishingiye ku masezerano guverinoma z’ibihugu byombi byagiranye kuva mu Ukuboza 2023.

Advertisements

Kuba Umwami Charles III amaze guha umugisha uyu mushinga wo kohereza abimukira mu Rwanda bivuze ko guverinoma y’u Bwongereza yemerewe gutangira gushyira mu bikorwa iyi gahunda kuko yamaze kuba itegeko.

John Francis McFall, Perezida w’icyiciro cya nyuma cy’inteko inshinga amategeko w’u Bwongereza niwe wemeje aya makuru.

Ibinyamakuru byo mu Bwongereza byatangaje bigira ati “Umushinga wa Guverinoma ku Rwanda wamaze kwemezwa n’Ubwami, ubu ni itegeko. Perezida w’icyiciro cya nyuma cy’Inteko yabyemeje.”

Abagize Inteko y’u Bwongereza tariki ya 22 Mata bari batoye bidasubirwaho uyu mushinga, nyuma y’iminsi myinshi batawumvikanaho, bitewe n’impungenge bamwe muri bo bari bafite ku mutekano w’aba bimukira mu gihe baba bageze mu Rwanda.

Icyari gitegerejwe kugira ngo utangire gushyirwa mu bikorwa ni uko wagombaga kwemezwa n’Umwami. Itegeko riteganya ko uhinduka itegeko iyo yamaze kuwemeza.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak, aherutse gutangaza ko imyiteguro yo kohereza abimukira igeze kure, asobanura ko indege zo kubatwara zamaze kuboneka kandi ko itsinda ry’abantu 500 bahuguriwe kubaherekeza na ryo ryiteguye.

Guverinoma y’u Bwongereza tariki ya 22 Mata yasobanuye ko yateganyije ko icyiciro cya mbere cy’abimukira kizoherezwa mu Rwanda hagati y’ibyumweru 10 na 12 biri imbere.

Amasezerano yo kohereza abimukira yashyizweho umukono na guverinoma zombi bwa mbere muri Mata 2022, avugururwa mu Ukuboza 2023; ubwo yongerwagamo ingingo zimara impungenge abavuga ko u Rwanda rudatekanye.

Urukiko rw’u Burayi rushinzwe kurinda uburenganzira bw’ikiremwamuntu (ECHR) rwigeze kwitambika ishyirwa mu bikorwa ry’iyi gahunda, ariko abagize Inteko y’u Bwongereza bahaye guverinoma ububasha bwo kutongera kubahiriza ibyemezo by’inkiko zo hanze y’igihugu.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago