INKURU ZIDASANZWE

MONUSCO yasezerewe muri Kivu y’Amajyepfo

Guverinoma ya RDC yemeje isezererwa n’ifunga rya burundu ibikorwa by’Akanama k’umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano (MONUSCO) ku butaka bwayo muri Kivu y’Amajyepfo.

Advertisements

Ibi byabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Mata 2024, aho uyu muryango warumaze igihe kinini ugenzura ubu butaka bw’Amajyepfo ya Kivu bwasabwe gutaha ntibukomeze kugenzura ubu butaka ukundi biturutse ku busabe bwa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ibi bije nyuma kandi y’uko ingabo za MONUSCO zari zatangiye kugabanya ibikorwa byayo bijyanye no kubungabunga umutekano muri Kivu y’Amajyepfo guhera mu ntangiriro z’uyu mwaka ndetse bamwe mu basirikare bakaba baranamaze gutaha.

Itangazo rya Monusco rivuga ko guhera kuri uyu wa Gatatu taliki ya 1 Gicurasi 2024, nta bikorwa bya MONUSCO bizongera kurangwa muri Kivu y’Amajyepfo keretse gusa abakozi bambaye imyenda yabugenewe bacunga ibikoresho ,amamodoka n’ibikoresho bitandukanye kugeza bihakuwe.

Bintou Keita usanzwe ari Umunyamabanga Mukuru wa MONUSCO, yatangaje ko inshingano z’umutekano w’abasivili n’ibindi byabarebaga muri iyi ntara, kugeza ubu ziri mu nzego z’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ’FARDC’.

MONUSCO imaze hafi imyaka irenga 20 dore ko yageze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mwaka 2003, kuva muri iyo myaka yose hakaba habarurwa abantu bayo bagera ku bihumbi 100 bari kuri ubwo butaka bwa Kivu y’Amajyepfo.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago