RWANDA

Perezida Kagame yihanganishije igihugu cya Kenya cyibasiwe n’ibiza

Perezida Kagame yihanganishije mugenzi we wa Kenya, William Ruto n’Abanya-Kenya kubera imiryango yakuwe mu byabo n’ababuriye ubuzima mu myuzure ikomeje kwibasira Nairobi n’ibindi bice by’igihugu.

Advertisements

Kuva muri Werurwe uyu mwaka, imyuzure yibasiye Kenya imaze guhitana abantu 180 mu gihe abagera kuri 90 baburiwe irengero.

Mu butumwa yanyujije kuri X [Twitter], Perezida Kagame yabwiye mugenzi we Ruto ko amwihanganishije n’abaturage b’igihugu cye cya Kenya.

Yagize ati “Nihanganishije umuvandimwe muri ibi bihe bitoroshye, Perezida William Ruto n’abaturage ba Kenya, kubera imiryango yavanywe mu byabo ndetse n’ubuzima bwatakariye mu myuzure ikomeje kwibasira Nairobi no mu tundi turere tw’igihugu. U Rwanda rwifatanyije nawe hamwe n’igihugu muri ibi bihe bitoroshye.”

Kuva muri Werurwe uyu mwaka, imyuzure yibasiye Kenya imaze guhitana abantu 180 mu gihe abagera kuri 90 baburiwe irengero.

Ni mu gihe abagera ku 185.000 bamaze gukurwa mu byabo n’iyi myuzure yibasiye n’ibindi bihugu byo muri Afurika y’u Burasirazuba cyane cyane Tanzania imaze gupfusha abarenga ku 155 bishwe n’imyuzure n’ibiza biterwa nayo.

Perezida wa Kenya, William Ruto ku wa Kabiri tariki 30 Mata 2024, yatumije inama idasanzwe y’Abaminisitiri kugira ngo yige ku ngamba zafatwa mu rwego rwo guhangana n’iyo myuzure imaze kwica abantu bagera hafi ku 170 guhera muri Werurwe 2024 kugeza ubu.

Iyo mibare yazamuwe cyane n’abantu bapfiriye rimwe ku wa mbere tariki 29 Mata 2024, bitewe n’iturika ry’urugomero rw’amazi mu gace ka Rift Valley, imyuzure yatewe n’ayo mazi igenda isenya byose aho yanyuze.

Ni mugihe kandi muri Kenya kuri ubu ibikorwa bimwe na bimwe birimo amashuri byafunze imiryango kubera ibibazo by’imvura nyinshi yaguye igatera ibiza.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago