Kuri iki gicamunsi, Ambasaderi w’u Rwanda muri Senegal Karabaranga Jean Pierre yasuye ikipe ya APR BBC iri mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL).
Iri rushanwa rihuza amakipe yatwaye shampiyona mu bihugu byayo mu mukino w’intoki wa Basketball rizatangira kuri uyu wa gatandatu tariki 4 Gicurasi 2024.
APR BBC ihagarariye u Rwanda muri aya marushanwa iherereye mu gice cya Conference Nile, aho barikumwe n’andi makipe twavugamo nka US Monastir (Tunisia), Rivers Hoops (Nigeria), As Douanes (Senegal) izaba iri mu rugo.
Ambasaderi Jean Pierre yasuye ikipe ya APR BBC nyuma y’uko yarisoje imyitozo ya nyuma yo kwitegura umukino itangira urugendo rwo guhatana muri BAL, aho izatangira bahura na US Monastir.
Ambasaderi Karabaranga yabwiye abakinnyi ko bashyigikiwe n’Abanyarwanda benshi yaba abari mu gihugu cya Senegal ndetse n’ahandi hose muri rusange, bityo ko bakwiriye kwimana u Rwanda muri aya marushanwa kugira ngo baseruke i Kigali mu mikino ya nyuma izahakinirwa.
Ni ku nshuro ya mbere iy’ikipe y’Ingabo izaba iserukiye u Rwanda mu irushanwa rya BAL, ahagomba kuva amakipe atatu aziyongera muyandi makipe yamaze gukatisha itike yo kuzakinira i Kigali mu makipe umunani guhera tariki 24 Gicurasi 2024.
Ku ruhande rw’abakinnyi muri rusange batangaje ko bose bameze neza kandi biteguye kwitanga uko bashoboye kose bakazatahana intsinzi kugira ngo bazaboneke mu makipe azakinira i Kigali mu mpera z’uku Kwezi.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…