IMYIDAGADURO

Nyuma y’amezi atanu basezeranye, Kenny Sol n’umugore we bibarutse imfura

Umuhanzi Kenny Sol n’umugore we bari mu byishimo bihambaye nyuma y’uko yibarutse imfura yabo.

Amakuru avuga ko uyu muryango wibarutse kuwa 2 Gicurasi 2024, kandi ko byagenze neza.

Kenny Sol yibarutse imfura ye nyuma y’amezi agera kuri atanu gusa asezeranye mu mategeko n’umugore we Kunda Alliance.

Ni umuhango wo guhamiriza isezerano bakundanye wabaye tariki 5 Mutarama 2024, ukabera ku Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge, mbere y’uko kuwa 4 Mutarama Kundwa Alliance ashyize amafoto hanze yishimira kuba yambitswe impeta y’urukundo.

Kuwa 6 Mutarama 2024, aba bombi basezeranye imbere y’Imana, mu birori byabereye mu rusengero rwitiriwe Mutagatifu Kizito ruherereye mu Nyakabanda.

Ni ibirori byitabiriwe n’abantu mbarwa barimo abagize umuryango n’inshuti za hafi z’umuryango.

Uku kwibaruka kwaba bombi kuje gukurikira amafoto Kenny Sol aherutse gushyira hanze agaragaza umugore we akuriwe ndetse n’indirimbo yamukoreye yise 2-1 igaragariza ko yanyuzwe n’urukundo rw’umugore we Kundwa.

Usibye ko bombi batarabishyira hanze amakuru avuga ko uyu muryango unezerewe cyane kuba wibarutse imfura y’umuhungu.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

12 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago