Umuhanzi Kenny Sol n’umugore we bari mu byishimo bihambaye nyuma y’uko yibarutse imfura yabo.
Amakuru avuga ko uyu muryango wibarutse kuwa 2 Gicurasi 2024, kandi ko byagenze neza.
Kenny Sol yibarutse imfura ye nyuma y’amezi agera kuri atanu gusa asezeranye mu mategeko n’umugore we Kunda Alliance.
Ni umuhango wo guhamiriza isezerano bakundanye wabaye tariki 5 Mutarama 2024, ukabera ku Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge, mbere y’uko kuwa 4 Mutarama Kundwa Alliance ashyize amafoto hanze yishimira kuba yambitswe impeta y’urukundo.
Kuwa 6 Mutarama 2024, aba bombi basezeranye imbere y’Imana, mu birori byabereye mu rusengero rwitiriwe Mutagatifu Kizito ruherereye mu Nyakabanda.
Ni ibirori byitabiriwe n’abantu mbarwa barimo abagize umuryango n’inshuti za hafi z’umuryango.
Uku kwibaruka kwaba bombi kuje gukurikira amafoto Kenny Sol aherutse gushyira hanze agaragaza umugore we akuriwe ndetse n’indirimbo yamukoreye yise 2-1 igaragariza ko yanyuzwe n’urukundo rw’umugore we Kundwa.
Usibye ko bombi batarabishyira hanze amakuru avuga ko uyu muryango unezerewe cyane kuba wibarutse imfura y’umuhungu.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…