Ni ibikubiye mu butumwa Harmonize yasangije abamukurikirana ku mbuga nkoranyambaga ze, aho yagaragaje ubutumwa Shakib Lutaaya yamwandikiye amusaba ko bategura umurwano bagaterana ibipfunsi abafana bagafana nabo bagacyura inote ariko bakagira n’abandi bantu bafasha.
Nyuma y’uko haciyeho iminsi itari micye Harmonize ataye ku wa kajwiga Baba Levo akaza gucibwa amande yo kumusuzugura mu bantu akahamunigira ndetse Baba Levo akavuga ko yashatse kurwana na Harmonize ariko akabura aho afata kubera ukuntu ari umusore, Harmonize yatumiwe mu kibuga na Shakib Lutaaya.
Harmonize ukunze gukora imyitoza ngororamubiri cyane, amaze kubona ubutumwa bwa Shakib Lutaaya yanze kubwihererana hanyuma abusangiza abamukurikirana ku mbuga nkoranyamabaga ze hanyuma arenzaho (Stickers) ziseka cyane.
Shakib Lutaaya yari yandikiye Harmonize ati “Umunsi mwiza Buddy! Twazategura umukino hagati yange nawe ukabera muri Tanzania. Tuzakoreramo amafaranga hanyuma tunayafashishemo abantu. Ntegereje igisubizo cyawe.”
Nyuma y’ubwo butumwa, Harmonize yahise amusubiza ngo “Reba ako kabanza (Amashusho yari yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze agaragaza arimo akora imyitozo y’iteramakofi) bishobora gutuma uhita uhindura ibitekerezo.”
Si ibyo gusa, Harmonize yahise asangiza ubwo butumwa abamukurikirana hanyuma ahita yandikaho amagambo ati “Zari ibi wabimenye? Umugabo wawe arimo kugerageza gukina n’urupfu.”
Nk’uko bigaragara, ntabwo bari bemeza koko niba bazarwana cyangwa se batazarwana gusa ikiriho ni uko Shakib Lutaaya yifuza kurwana na Harmonize amafaranga agafasha abakene hanyuma Harmonize nawe akaba yigamba ko ari nk’urupfu.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…