IMYIDAGADURO

Shakib umugabo wa Zari na Harmonize barifuza kumvana mu mitsi

Ni ibikubiye mu butumwa Harmonize yasangije abamukurikirana ku mbuga nkoranyambaga ze, aho yagaragaje ubutumwa Shakib Lutaaya yamwandikiye amusaba ko bategura umurwano bagaterana ibipfunsi abafana bagafana nabo bagacyura inote ariko bakagira n’abandi bantu bafasha.

Nyuma y’uko haciyeho iminsi itari micye Harmonize ataye ku wa kajwiga Baba Levo akaza gucibwa amande yo kumusuzugura mu bantu akahamunigira ndetse Baba Levo akavuga ko yashatse kurwana na Harmonize ariko akabura aho afata kubera ukuntu ari umusore, Harmonize yatumiwe mu kibuga na Shakib Lutaaya.

Harmonize ukunze gukora imyitoza ngororamubiri cyane, amaze kubona ubutumwa bwa Shakib Lutaaya yanze kubwihererana hanyuma abusangiza abamukurikirana ku mbuga nkoranyamabaga ze hanyuma arenzaho (Stickers) ziseka cyane.

Shakib Lutaaya yari yandikiye Harmonize ati “Umunsi mwiza Buddy! Twazategura umukino hagati yange nawe ukabera muri Tanzania. Tuzakoreramo amafaranga hanyuma tunayafashishemo abantu. Ntegereje igisubizo cyawe.”

Nyuma y’ubwo butumwa, Harmonize yahise amusubiza ngo “Reba ako kabanza (Amashusho yari yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze agaragaza arimo akora imyitozo y’iteramakofi) bishobora gutuma uhita uhindura ibitekerezo.”

Si ibyo gusa, Harmonize yahise asangiza ubwo butumwa abamukurikirana hanyuma ahita yandikaho amagambo ati “Zari ibi wabimenye? Umugabo wawe arimo kugerageza gukina n’urupfu.”

Nk’uko bigaragara, ntabwo bari bemeza koko niba bazarwana cyangwa se batazarwana gusa ikiriho ni uko Shakib Lutaaya yifuza kurwana na Harmonize amafaranga agafasha abakene hanyuma Harmonize nawe akaba yigamba ko ari nk’urupfu.

Christian

Recent Posts

Rayon Sports yatandukanye na Lawrence Webo

Ikipe Rayon Sports yatandukanye n’Umunya-Kenya, Lawrence Webo watozaga abanyezamu ba yo mu mwaka w’imikino ushize.…

6 hours ago

Umunyarwanda yapfiriye mu gihugu cya Oman

Umwe mu Banyarwanda bakoreraga mu gihugu cya Oman, yagonzwe n’imodoka ahita yitaba Imana. Inkuru y’urupfu…

6 hours ago

APR Fc yatomboye amakipe y’ibigugu mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup

Ikipe ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup, ariyo APR FC yisanze mu…

11 hours ago

Perezida Biden yavuze impamvu yitwaye nabi mu kiganiro mpaka na Donald Trump

Perezida w’Amerika Joe Biden yegetse kwitwara nabi kwe mu kiganiro mpaka mu cyumweru gishize ku…

15 hours ago

Kigali: Inzu izwi nka ‘Makuza Peace Plaza’ yahiye

Inzu izwi nka Makuza Peace Plaza mu karere ka Nyarugenge yafashwe n’inkongi y’umuriro mu gitondo…

15 hours ago

“Akaga u Rwanda rwagize n’ukugira abayobozi b’abapumbafu”-Perezida Kagame yiyamamaza i Kirehe

Kuri uyu wa Kabiri tariki 2 Nyakanga, umukandida wa FPR Inkotanyi Paul Kagame yiyamamarije mu…

1 day ago