Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho yagiriye uruzinduko rw’akazi.
Amakuru avuga ko Muhoozi yageze muri RDC ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere yinjiriye ku mupaka wa Kasindi uhuza iki gihugu na Uganda.
Byitezwe ko uyu musirikare agomba kwakirwa na mugenzi we w’Ingabo za RDC, Gen Christian Tshiwewe Songesa, bakagirana ibiganiro.
Kugeza ubu ntiharamenyekana ibyo aba basirikare bombi baza kuganira, gusa amakuru avuga ko baganira uko Igisirikare cya Uganda (UPDF) na FARDC cya RDC byarushaho gushimangira ubufatanye.
Kuva mu myaka itatu ishize impande zombi zisanzwe zifatanya mu bikorwa bya gisirikare byiswe “operation Shujaa” byo guhiga umutwe w’iterabwoba wa ADF.
Gen. Muhoozi kandi yasuye RDC mu gihe imirwano ikomeje kujya mbere hagati y’Ingabo za Congo n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23.
Ni imirwano byitezwe ko ishobora gufata indi ntera mu minsi mike iri imbere, nyuma y’igitero Kinshasa ishinja ziriya nyeshyamba kugaba ku nkambi y’impunzi ya Mugunga iherereye mu burengerazuba bw’Umujyi wa Goma.
Gen Muhoozi mu myaka yashize yakunze kugaragaza ko atemeranya na Leta ya RDC yita M23 umutwe w’iterabwoba; agaragaza abayigize nk’abanye-Congo barwanira uburenganzira bwabo.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…