IMYIDAGADURO

Rudeboy wo muri P-Square yasangije amafoto yagiye gusaba umukobwa yihebeye

Umuhanzi Paul Okoye ukomoka muri Nigeria akaba azwi cyane mu itsinda rya P-Square yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga amafoto yagiye gusaba umukobwa yihebeye bitegura kurushinga.

Amakuru avuga ko uyu muhanzi yasuye umuryango w’umukobwa witwa Ifeoma utuye ahitwa Abia, mu cyumweru gishize kugira ngo batangira gutegura ibigendanye n’ubukwe muri rusange.

Rudeboy azaba agiye gukora ubukwe ku nshuro ya kabiri, nyuma y’umugore basanzwe banafitanye abana batatu witwa Anita baheruka gutandukana mu Ukuboza umwaka 2022.

Paul Okoye n’impanga ya Peter Okoye basanzwe babarizwa mu itsinda rya P-Square ryaciye ibintu kuva mu myaka irenga 15 kugeza n’ubu.

Mu mafoto yashyizwe hanze yerekana Rudeboy we n’umukunzi we bari ku bipfukamiro basengerwa n’ababyeyi babaha umugisha ku bw’urugendo rwo kubana akaramata bagiye gutangira bombi.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

12 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago