IMIKINO

Juvénal wabaye Perezida wa Kiyovu yahuye n’akaga ubwo yari yitabiriye inteko rusange y’ikipe

Mvukiyehe Juvénal wigeze kuba Perezida wa Kiyovu Sports akanayifasha igihe kirekire yitabiriye inteko rusange y’ikipe ahezwa hanze nubwo anasanzwe ari umunyamuryango wayo.

Advertisements

Uyu muyobozi w’ikipe ya Addax SC, yavuze ko yari yitabiriye inteko rusange kugira ngo hatagira umutemeraho itaka nkuko byagenze mu nteko ishize.

Yabwiye abanyamakuru ati: “Icyari cyanzanye mu nteko rusange n’ukugira ngo batongera kuntemeraho itaka nta kindi. Ubushize bantemeyeho itaka.”

Yakomeje avuga ko yibutse ko ari umunyamuryango yiyemeza kwitabira iyi nteko rusange ngo yumve ibyo bamuvugaho ahari nibiba ngombwa atange ibisobanuro.

Mvukiyehe Juvénal yavuze ko yishyuza Kiyovu Sports asaga miliyari 1 Frw yayihaye ndetse yashakaga kwitabira Inteko Rusange Idasanzwe yayo kugira ngo arebe ko hari abongera kuvuga ko nta mafaranga yayitanzemo, ahubwo yakoreshaga ay’Umujyi wa Kigali.

Juvenal yavuze ko ababajwe cyane no kuba yangiwe kwitabira inteko rusange kandi ari umunyamuryango.

Yagize Ati” Njye ndababaye cyane nje hano nk’umunyamuryango ariko birangiye bambujije kwinjira. Mbajije impamvu bari kumpagarika, bambwira ko ngo bategereje urutonde ariko byari ukubeshya kuko urwo rutonde batanaruzanye.”

Mvukiyehe Juvénal yashimangiye ko atazongera kwitabira Inteko Rusange ya Kiyovu Sports nubwo yaba yandikiwe asabwa kuyijyamo aho yemeje ko ibya ruhago ntawe uhatiriza.

Mvukiyehe Juvenal yabaye umuyobozi wa Kiyovu Sports igihe kigera ku myaka 3 kuva muri Nzeri 2020 kugera muri 2023 ndetse akaba yarafashije iyi kipe kuba iya kabiri muri shampiyona inshuro 2 zikurikiranya.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago