IMIKINO

Juvénal wabaye Perezida wa Kiyovu yahuye n’akaga ubwo yari yitabiriye inteko rusange y’ikipe

Mvukiyehe Juvénal wigeze kuba Perezida wa Kiyovu Sports akanayifasha igihe kirekire yitabiriye inteko rusange y’ikipe ahezwa hanze nubwo anasanzwe ari umunyamuryango wayo.

Uyu muyobozi w’ikipe ya Addax SC, yavuze ko yari yitabiriye inteko rusange kugira ngo hatagira umutemeraho itaka nkuko byagenze mu nteko ishize.

Yabwiye abanyamakuru ati: “Icyari cyanzanye mu nteko rusange n’ukugira ngo batongera kuntemeraho itaka nta kindi. Ubushize bantemeyeho itaka.”

Yakomeje avuga ko yibutse ko ari umunyamuryango yiyemeza kwitabira iyi nteko rusange ngo yumve ibyo bamuvugaho ahari nibiba ngombwa atange ibisobanuro.

Mvukiyehe Juvénal yavuze ko yishyuza Kiyovu Sports asaga miliyari 1 Frw yayihaye ndetse yashakaga kwitabira Inteko Rusange Idasanzwe yayo kugira ngo arebe ko hari abongera kuvuga ko nta mafaranga yayitanzemo, ahubwo yakoreshaga ay’Umujyi wa Kigali.

Juvenal yavuze ko ababajwe cyane no kuba yangiwe kwitabira inteko rusange kandi ari umunyamuryango.

Yagize Ati” Njye ndababaye cyane nje hano nk’umunyamuryango ariko birangiye bambujije kwinjira. Mbajije impamvu bari kumpagarika, bambwira ko ngo bategereje urutonde ariko byari ukubeshya kuko urwo rutonde batanaruzanye.”

Mvukiyehe Juvénal yashimangiye ko atazongera kwitabira Inteko Rusange ya Kiyovu Sports nubwo yaba yandikiwe asabwa kuyijyamo aho yemeje ko ibya ruhago ntawe uhatiriza.

Mvukiyehe Juvenal yabaye umuyobozi wa Kiyovu Sports igihe kigera ku myaka 3 kuva muri Nzeri 2020 kugera muri 2023 ndetse akaba yarafashije iyi kipe kuba iya kabiri muri shampiyona inshuro 2 zikurikiranya.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

7 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

7 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

8 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

8 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

2 days ago