INKURU ZIDASANZWE

Papa Francis yatutse abaryamana bahuje ibitsina

Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi Papa Francis arashinjwa gukoresha imvugo zirimo ibitutsi n’iziteye isoni ku baryamana bahuje ibitsina nk’uko ibinyamakuru byinshi byo mu Butaliyani byabigarutseho kuri uyu wa Mbere.

Mu cyumweru gishize, ubwo papa yari mu nama y’Abepiskopi y’Ubutaliyani (CEI), ngo yasabye abasenyeri kutakira abaryamana bahuje ibitsina ku mugaragaro mu maseminari y’idini.

Yakoresheje ijambo riva mu mvugo y’i Roma,rya “frociaggine”, rifatwa mu Gitaliyani ko ari igitutsi ku baryamana bahuje igitsina.

Ikinyamakuru cyo mu Butaliyani,Corriere della Sera,cyanditse kiti: “Dukurikije abasenyeri bavuganye” na Corriere della Sera, “biragaragara ko papa atari azi uburyo amagambo ye aremereye mu Gitaliyani.”

Iki kinyamakuru gikomeza kivuga ko abasenyeri bari muri iyi nama basetse ubwo yavugaga aya magambo cyane ko Papa ururimi rwe kavukire atari igitaliyani.

Christian

Recent Posts

Rayon Sports yatandukanye na Lawrence Webo

Ikipe Rayon Sports yatandukanye n’Umunya-Kenya, Lawrence Webo watozaga abanyezamu ba yo mu mwaka w’imikino ushize.…

5 hours ago

Umunyarwanda yapfiriye mu gihugu cya Oman

Umwe mu Banyarwanda bakoreraga mu gihugu cya Oman, yagonzwe n’imodoka ahita yitaba Imana. Inkuru y’urupfu…

5 hours ago

APR Fc yatomboye amakipe y’ibigugu mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup

Ikipe ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup, ariyo APR FC yisanze mu…

10 hours ago

Perezida Biden yavuze impamvu yitwaye nabi mu kiganiro mpaka na Donald Trump

Perezida w’Amerika Joe Biden yegetse kwitwara nabi kwe mu kiganiro mpaka mu cyumweru gishize ku…

14 hours ago

Kigali: Inzu izwi nka ‘Makuza Peace Plaza’ yahiye

Inzu izwi nka Makuza Peace Plaza mu karere ka Nyarugenge yafashwe n’inkongi y’umuriro mu gitondo…

14 hours ago

“Akaga u Rwanda rwagize n’ukugira abayobozi b’abapumbafu”-Perezida Kagame yiyamamaza i Kirehe

Kuri uyu wa Kabiri tariki 2 Nyakanga, umukandida wa FPR Inkotanyi Paul Kagame yiyamamarije mu…

1 day ago