Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko nyuma y’aho muri iyi minsi hongeye kwaduka ibikorwa by’abakoresha itangazamakuru bibasira ubuyobozi bw’Igihugu n’abaturage muri rusange, bagamije inyungu za politiki, yahisemo kudakomeza gusubiza ibyo bihuha bidafite ishingiro kuko yabisobanuye kenshi mu buryo buhagije.
Ibiro by’Umuvugizi wa Guverinoma byasobanuye ko aba bantu bari kwibasira ubuyobozi bw’u Rwanda n’abaturage bakoresheje ibihuha bidafite ishingiro, byongeraho ko guverinoma yabisobanuye kenshi kandi mu buryo buhagije.
Iri tangazo rivuga ko “Twahisemo kudakomeza gusubiza ibyo bihuha bidafite ishingiro kuko twabisobanuye kenshi kandi ku buryo buhagije
Abanyarwanda ntibagitungurwa n’ibyo bikorwa by’abo bakoresha itangazamakuru mu nyungu zabo bwite, ahanini bigamije guhungabanya imigendekere myiza y’amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite.”
Guverinoma yasobanuye kandi ko ibikorwa by’aba bantu bifitanye isano n’intambara iri kubera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, “aho umutwe wa FDLR ukomeje gukingirwa ikibaba, hagamijwe kugirira nabi u Rwanda no gushyigikira ihinduka ry’ubutegetsi rimaze igihe ritangajwe na Perezida wa RDC.”
Ishingiye ku kuba Abanyarwanda bariyubakiye politiki ishingiye ku bumwe no gukorera mu mucyo, yatangaje ko intego y’ibi bikorwa itazigera igerwaho, kandi ko inzira ya demokarasi mu Rwanda izakomeza kandi mu mahoro no mu bwisanzure.
Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…
Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…
Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…