claudia sheinbaum agiye kuba umugore wa mbere uyoboye Mexique mu mateka
Umunya-Mexique Madamu Claudia Sheinbaum mu ishyaka Morena party yarushije amajwi bagenzi be bose bari bahanganye kuva amajwi yatangira kubarwa kugeza ubwo yatangazwaga nk’uwatsinze kuri uyu wa mbere.
Claudia Sheinbaum w’imyaka 61 y’amavuko, niwe watsinze amatora ya Perezida wa Mexico, nyuma yo kugira amajwi 57.8%.
Abagore Claudia Sheinbaum na Xóchitl Gálvez bari bahanganye batsinze umugabo umwe rukumbi wari muri aya matora ari we Jorge Álvarez Máynez.
Madamu Xochitl Galvez wabaye uwa kabiri yagize amajwi 29.1%.
Uretse kuba uyu mugore ariwe wa mbere ugiye kuyobora Mexico,ni nawe muntu wa mbere ufite igisekuru cy’Abayahudi uyoboye iki gihugu.
Madamu Sheinbaum n’umunya Siyansi ukomeye ndetse yibukwa cyane nk’umwe mu bakoze raporo ikomeye kw’ihinduka ry’ikirere igatsindira igihembo cya Nobel mu mwaka wa 2007.
Yitezweho kuzana impinduka mu kurengera ibidukikije ndetse no kwimakaza uburenganzira bwa muntu.
Amajwi yatangajwe ni iy’agateganyo ariko amajwi ya burundu azatangazwa kuwa 08 Kamena.
Abanyamegizike kandi, batoye abagize inteko ashinga amategeko na ba guverineri ba leta 8 zigize iki gihugu,n’umuyobozi w’Umujyi wa Mexico.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…