IMIKINO

Manchester united ishobora kubura amahirwe yo kuzakina Europa League

Ikipe ya Manchester united yo mu Bwongereza iheruka gutsindira kuzakina imikino ya UEFA Europa League umwaka 2024-2025.

Gusa amakuru avuga ko iy’ikipe ishobora kubuzwa aya mahirwe yo kuzakina Europa League bitewe n’itegeko rigena amakipe agomba gukina iri rushanwa ry’Iburayi.

N’ubwo urwego rw’ubuyobozi bw’ibihugu by’i Burayi rwabujije kugira amakipe menshi mu gukina iryo rushanwa, bivugwa ko UEFA ishobora kuzemerera Manchester United gukina imikino ya Europa League itaha.

Ni mugihe ubusanzwe Manchester united n’ikipe ya Nice yo mu Bufaransa zisanzwe ari iz’umuherwe Sir Jimmy Ratcliffe nyiri kompanyi ya Ineos kandi zose zakatishije itike yo kuzakina iryo rushanwa umwaka utaha.

Sir Jimmy Ratcliffe nyiri kompanyi ya Ineos ifite mu nshingano Manchester united na Nice

Muri Werurwe, mu mavugurura y’amategeko mashya yashyizwe hanze ya UEFA yerekana ko mu gihe habaye amakipe abiri yo mu itsinda rimwe ryujuje ibisabwa kugira nngo yitabire irushanwa, imwe gusa niyo yemererwa kuryitabira.

Mu busanzwe ikipe yahabwaga amahirwe menshi ni ikipe yasoje nibura iri mu myanya y’imbere muri shampiyona, ikipe ya Nice yasoje shampiyona y’Ubufaransa Ligue 1, iri ku mwanya wa gatanu, ni mugihe Manchester united yasoje iri ku mwanya wa munani muri Premier League, gusa igira amahirwe yo kwegukana igikombe cya FA byayihesheje itike yo kuzakina irushanwa rya Europa League.

Amakuru avuga UEFA yahaye amahirwe aya makipe uko ari abiri yo kwishakamo ushobora kuzakina irushanwa bitewe nuko itegeko ribivuga.

Ariko ibinyamakuru byinshi ku mugabane w’Uburayi bivuga ko Nice idafite icyizere cyo hejuru.

Christian

Recent Posts

Perezida Kagame yahishuye icyatumye yubaka inzu mu Bugesera

Mu butumwa yagejeje ku bitabiriye ibikorwa byo kwiyamamaza k’umukandida Perezida Paul Kagame watanzwe na FPR…

41 mins ago

Rutahizamu wa Rayon Sports y’Abagore yerekeje muri Portugal

Rutahizamu wa Rayon Sports WFC, Nibagwire Libellée yagiye kugerageza amahirwe mu ikipe yo mu gihugu…

2 hours ago

Mupenzi Eto’o n’abo bafatanyije bavuzweho kuroga ikipe ya Kiyovu Sports barekuwe

Mupenzi Eto’o yafunganwe na bagenzi be babiri bakoranaga muri APR FC aho bakekwagaho icyaha cyo…

2 hours ago

Ubujurire ku mitungo yo kwa Rwigara bwateshejwe agaciro

Icyemezo cy’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge cyatesheje agaciro cyamunara ku mutungo wa Asinapolo  Rwigara cyasomwe mu…

6 hours ago

Rayon Sports yaguze myugariro wabaye mwiza muri Senegal

Kuri uyu wa Gatanu nibwo myugariro w’Umunya-Sénégal, Omar Gningue, wakiniraga AS Pikine yo muri icyo…

1 day ago

Ubwongereza: Ishyaka ‘Labour Party’ ryarwanyije gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda ryatsinze amatora

Ishyaka ry’abakozi (Labour Party) niryo ryegukanye amatora y’abagize inteko ishingamategeko mu bwongereza. Bivuze ko uwitwa…

1 day ago