IMIKINO

Manchester united ishobora kubura amahirwe yo kuzakina Europa League

Ikipe ya Manchester united yo mu Bwongereza iheruka gutsindira kuzakina imikino ya UEFA Europa League umwaka 2024-2025.

Advertisements

Gusa amakuru avuga ko iy’ikipe ishobora kubuzwa aya mahirwe yo kuzakina Europa League bitewe n’itegeko rigena amakipe agomba gukina iri rushanwa ry’Iburayi.

N’ubwo urwego rw’ubuyobozi bw’ibihugu by’i Burayi rwabujije kugira amakipe menshi mu gukina iryo rushanwa, bivugwa ko UEFA ishobora kuzemerera Manchester United gukina imikino ya Europa League itaha.

Ni mugihe ubusanzwe Manchester united n’ikipe ya Nice yo mu Bufaransa zisanzwe ari iz’umuherwe Sir Jimmy Ratcliffe nyiri kompanyi ya Ineos kandi zose zakatishije itike yo kuzakina iryo rushanwa umwaka utaha.

Sir Jimmy Ratcliffe nyiri kompanyi ya Ineos ifite mu nshingano Manchester united na Nice

Muri Werurwe, mu mavugurura y’amategeko mashya yashyizwe hanze ya UEFA yerekana ko mu gihe habaye amakipe abiri yo mu itsinda rimwe ryujuje ibisabwa kugira nngo yitabire irushanwa, imwe gusa niyo yemererwa kuryitabira.

Mu busanzwe ikipe yahabwaga amahirwe menshi ni ikipe yasoje nibura iri mu myanya y’imbere muri shampiyona, ikipe ya Nice yasoje shampiyona y’Ubufaransa Ligue 1, iri ku mwanya wa gatanu, ni mugihe Manchester united yasoje iri ku mwanya wa munani muri Premier League, gusa igira amahirwe yo kwegukana igikombe cya FA byayihesheje itike yo kuzakina irushanwa rya Europa League.

Amakuru avuga UEFA yahaye amahirwe aya makipe uko ari abiri yo kwishakamo ushobora kuzakina irushanwa bitewe nuko itegeko ribivuga.

Ariko ibinyamakuru byinshi ku mugabane w’Uburayi bivuga ko Nice idafite icyizere cyo hejuru.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago