IMIKINO

Cristiano Ronaldo yahaye ubutumwa bwihariye Mbappé wahawe ikaze muri Real Madrid

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 03 Kamena nibwo Real Madrid yatangaje ko yasinyishije Mbappe amasezerano y’imyaka itanu avuye muri PSG nyuma yo gusoza amasezerano.

Advertisements

Kuri Instagram, Cristiano Ronaldo yagaragaje ukwishimira gukomeye ku kwerekeza kwa Kylian Mbappe muri Real Madrid aho yagize ati: “Ni igihe cyanjye cyo kukureba. Nzanyurwa no kubona uhagurutsa Bernabeu.”

Mu myaka 12 ishize, Mbappe yari umwe mu bana batemberejwe Santiago Bernabeu, ku mbehe ya Real Madrid maze ahura n’icyamamare yifuzaga kuzaba nkacyo nakura, Cristiano Ronaldo.

Aho niho inzozi zo kuzakinira Real Madrid zatangiriye ndetse atangira gukora cyane kugira ngo azabigereho.

Mbappe yigishijwe kuvuga adategwa icyongereza n’icy’Espagnol kugira ngo yitegure kuzitwara neza mu bihugu azajyamo.

Mbappé yamaze gushyira umukono ku masezerano y’imyaka itanu akinira Real Madrid nk’uko byemejwe n’iyi kipe.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago