Mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 03 Kamena nibwo Real Madrid yatangaje ko yasinyishije Mbappe amasezerano y’imyaka itanu avuye muri PSG nyuma yo gusoza amasezerano.
Kuri Instagram, Cristiano Ronaldo yagaragaje ukwishimira gukomeye ku kwerekeza kwa Kylian Mbappe muri Real Madrid aho yagize ati: “Ni igihe cyanjye cyo kukureba. Nzanyurwa no kubona uhagurutsa Bernabeu.”
Mu myaka 12 ishize, Mbappe yari umwe mu bana batemberejwe Santiago Bernabeu, ku mbehe ya Real Madrid maze ahura n’icyamamare yifuzaga kuzaba nkacyo nakura, Cristiano Ronaldo.
Aho niho inzozi zo kuzakinira Real Madrid zatangiriye ndetse atangira gukora cyane kugira ngo azabigereho.
Mbappe yigishijwe kuvuga adategwa icyongereza n’icy’Espagnol kugira ngo yitegure kuzitwara neza mu bihugu azajyamo.
Mbappé yamaze gushyira umukono ku masezerano y’imyaka itanu akinira Real Madrid nk’uko byemejwe n’iyi kipe.
Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…
Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…
Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…