IMIKINO

Cristiano Ronaldo yahaye ubutumwa bwihariye Mbappé wahawe ikaze muri Real Madrid

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 03 Kamena nibwo Real Madrid yatangaje ko yasinyishije Mbappe amasezerano y’imyaka itanu avuye muri PSG nyuma yo gusoza amasezerano.

Kuri Instagram, Cristiano Ronaldo yagaragaje ukwishimira gukomeye ku kwerekeza kwa Kylian Mbappe muri Real Madrid aho yagize ati: “Ni igihe cyanjye cyo kukureba. Nzanyurwa no kubona uhagurutsa Bernabeu.”

Mu myaka 12 ishize, Mbappe yari umwe mu bana batemberejwe Santiago Bernabeu, ku mbehe ya Real Madrid maze ahura n’icyamamare yifuzaga kuzaba nkacyo nakura, Cristiano Ronaldo.

Aho niho inzozi zo kuzakinira Real Madrid zatangiriye ndetse atangira gukora cyane kugira ngo azabigereho.

Mbappe yigishijwe kuvuga adategwa icyongereza n’icy’Espagnol kugira ngo yitegure kuzitwara neza mu bihugu azajyamo.

Mbappé yamaze gushyira umukono ku masezerano y’imyaka itanu akinira Real Madrid nk’uko byemejwe n’iyi kipe.

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

15 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

17 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

17 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

17 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

2 days ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

2 days ago