INKURU ZIDASANZWE

Jahmby Koikai wabaye umujyanama wa mbere wa Sauti Sol yitabye Imana

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri, tariki 4 Kamena 2024, nibwo inkuru y’incamugogo yasakaye mu gihugu cya Kenya ivuga ko madame Jahmby Koikai yamaze kwitaba Imana azize uburwayi buterwa n’ububabare buza muri nyababyeyi ku bagore buzwi nka ‘endometriosiss’.

Advertisements

Uyu mugore yitabye Imana aguye mu bitaro bya Nairobi, aho yari amaze iminsi ari kwitabwaho n’abaganga.

Jahmby yaguye mu bitaro

Jahmby ni umwe mu bagore bagize uruhare rukomeye mu myidagaduro yo muri Kenya mu myaka 15 yari abimazemo, dore ko yayibagamo umunsi ku wundi, akora ibikorwa byo kuyobora ibirori ndetse akaba yari yaranashinze kompanyi ifasha abahanzi yitwa ‘Street Empire Entertainment ‘.

Uyu mugore kandi ni umwe mu bagize uruhare runini mu rugendo rw’umuziki w’itsinda ryakunzwe cyane rya Sauti Sol, aho ari we wari manager wabo kuva bagitangira gukorana nk’itsinda.

Umwe mu bari bagize iri tsinda uzwi nka Fancy Fingers, yagaragaje ko yababajwe cyane n’urupfu rwe nk’umuntu wagize uruhare runini mu mwuga we.

Jahmby Koikai akaba yitabye Imana ku myaka 38 y’amavuko.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago