IMIKINO

Kapiteni w’Amavubi yatanze icyizere ku Banyarwanda mu gukomeza gushaka itike y’igikombe cy’Isi

Kapiteni w’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi Djihad Bizimana yatanze icyizere ku Banyarwanda mu mikino bafite kuwa 6 Kamena 2024, mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’Isi, aho bayoboye n’urutonde.

Advertisements

Ubwo we na bagenzi be bari bageze muri Cote d’Ivoire ahazabera umukino wo gushaka itike y’igikombe cy’isi bazakina na Benin,Bizimana Djihad yavuze ko gahunda nta yindi uretse gutsinda uyu mukino.

Ati: “Twebwe gahunda dufite n’ugukomeza gufatiraho.Navuga ko umukino dufite kuwa Kane uzaba ukomeye.Tumaze gukina na Benin muri ibi bihe bishize, twari twakinnye nabo imikino ibiri turanganya.

Uyu mukino dufite na bo ku wa Kane, navuga ko uzaba ukomeye kuko tumaze kumenyerana gukina na bo ariko gahunda ni ugutsinda umukino.”

Bizimana Djihad yavuze ko mu mikino ibiri bakinnye mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika babaga bari hafi gutsinda umukino, hakabaho amahirwe make.

Yavuze ko amahirwe akomeye bagize ari uko bagiye gukinira ku kibuga bose batazi kuko Benin yabujijwe kwakirira mu rugo kubera ko ikibuga cyayo kitujuje ibisabwa.

Ati: “N’ukugenda turi tayari,twiteguye kubona intsinzi.”

Bizimana yavuze ko hashize igihe iyo mikino yombi ibaye bityo hari icyahindutse mu bakinnyi bagomba kwitegura umukino bushyashya.

Umukinnyi Rafael York yishimiye kugaruka mu mavubi aho yasanze ikipe muri Cote d’Ivoire kandi ngo yiteguye kuyafasha kuwa Kane.

Ba myugariro, Ange Mutsinzi na Imanishimwe Emmanuel baraye nabo bageze mu ikipe.

Imikino u Rwanda ruzakina ni iy’Umunsi wa Gatatu ndetse n’uwa Kane mu Itsinda rya Gatatu ruherereyemo mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi kizaba mu 2026.

Umukino wa mbere ruzakirirwa na Bénin muri Côte d’Ivoire tariki ya 6 Kamena mu gihe ruzongera kwakirwa na Lesotho muri Afurika y’Epfo tariki ya 11 Kamena 2024.

Kugeza ubu Amavubi ayoboye Itsinda C n’amanota ane nyuma yo gutsinda Afurika y’Epfo ndetse akanganya na Zimbabwe.

U Rwanda rukurikiwe na Afurika y’Epfo ifite amanota atatu, Nigeria ifite abiri inganya na Zimbabwe na Lesotho mu gihe Bénin ifite inota rimwe.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago