Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yahawe Impamyabumenyi y’Ikirenga y’Icyubahiro na Kaminuza ya Yonsei muri Korea y’Epfo.
Ni impamyabumemyi yahawe igendanye n’Imiyoborere Rusange “Public Policy and Management”, mu gikorwa cyabaye kuri uyu wa gatatu tariki 5 Kamena 2024.
Umukuru w’Igihugu mu ijambo rye yavuze ko ari ku nshuro ya kane yarasuye Korea ko ariko aribwo bwa mbere yarasuye Kaminuza ya Yonsei.
Ati ”Ndashaka kubashimira ku bw’icyubahiro cyinshi mwampaye ndetse n’igihugu cyanjye, ku bwa Dogitora y’icyubahiro”.
Yakomeje agira ati ”Ni ku nshuro ya Kane nsuye Korea ariko ni ubwa mbere nsuye ‘Campus’ ya Yonsei, nifuzaga ko umubano wacu warigutangira kare”.
Yonsei University ni kaminuza ikomeye cyane kuko ari imwe muri eshatu zikomeye muri iki gihugu kimaze gutera imbere mu bukungu bushingiye ku bumenyi.
Ni kaminuza yashinzwe mu 1885, ikaba imaze gushinga ibigo by’ubushakashatsi bigera ku 178 mu nzego zitandukanye.
Mu butumwa yagejeje ku bitabiriye ibikorwa byo kwiyamamaza k’umukandida Perezida Paul Kagame watanzwe na FPR…
Rutahizamu wa Rayon Sports WFC, Nibagwire Libellée yagiye kugerageza amahirwe mu ikipe yo mu gihugu…
Mupenzi Eto’o yafunganwe na bagenzi be babiri bakoranaga muri APR FC aho bakekwagaho icyaha cyo…
Icyemezo cy’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge cyatesheje agaciro cyamunara ku mutungo wa Asinapolo Rwigara cyasomwe mu…
Kuri uyu wa Gatanu nibwo myugariro w’Umunya-Sénégal, Omar Gningue, wakiniraga AS Pikine yo muri icyo…
Ishyaka ry’abakozi (Labour Party) niryo ryegukanye amatora y’abagize inteko ishingamategeko mu bwongereza. Bivuze ko uwitwa…