Ikipe y’igihugu ya Benin yatsinze Amavubi igitego 1-0, uba umukino wa mbere itsinzwe mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’Isi kizaba mu mwaka 2026.
Uku guhagarika umuvuduko w’umutoza Frank Spittler Torsten n’abasore byatumye ikomeza kuyobora urutonde rw’agateganyo mu itsinda C.
Iki gitego kimwe cyabonetse ku munota wa 36 gitsinzwe na nimero 19 Dodo Dokou nyuma y’umwanya munini abakinnyi ba Benin botsa igitutu ikipe y’igihugu Amavubi.
Igice cya mbere cyarangiye kuri iki gitego kimwe ku busa, igice cya kabiri kigitangira umutoza Frank w’Amavubi yakuyemo Rafaek York na Hakim Sahabo yinjiza Samuel Guelette Muhire Kevin. Aba bakinnyi bafashije u Rwanda guhindura umukino rutangira gukina umukino wihuta bagabanya igitutu cya Benin.
Mugisha Bonheur nawe yaje kwinjira mukibuga asimbuye Rubanguka Steve yongera ingufu hagati mu kibuga, Kwizera Jojea yasimbuye Mugisha Gilbert nawe agerageza gufasha ubusatirizi ariko amahirwe u Rwanda rwabonye ntiyagira icyo atanga.
Uyu wari umukino wa gatanu umutoza Frank Spittler Torsten yari atije Amavubi yari ataratsindwa umukino n’umwe mu mikino 4 yari amaze gutoza ndetse yari atarinjizwa n’igitego.
Benin nyuma yo gutsinda nayo yahise igira amanota 4 inganya n’u Rwanda ari nazo ziyoboye itsinda , muri iri tsinda ejo kuri uyu wa gatanu Nigeria irakira Afurika y’Epfo naho Lesotho yakire Zimbabwe.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…