Ikipe ya Rayon Sports yamaze gutandukana n’abakinnyi babiri barimo umunyezamu Simon Taamale ukomoka muri Uganda ndetse na Bavakure Ndekwe Félix ukina hagati.
Aba bakinnyi bombi bari bashoje amasezerano, babwiwe ko batazongererwa.
Aba biyongereye ku bandi batanu iheruka kurekura barimo umunyezamu Hategekimana Bonheur.
Hari amakuru avuga ko Rayon Sports iri mu biganiro n’umunyezamu Ishimwe Pierre na Myugariro Ishimwe Christian bombi bakinira mukeba APR FC.
Umunyezamu Ishimwe Pierre w’imyaka 22, yamaze kubwirwa na APR FC ko afite uburenganzira bwo kwishakira indi kipe yakwerekezamo n’ubwo yari agifite amasezerano y’umwaka.
Ni mu gihe iyi kipe inashaka myugariro ukina ku ruhande rw’ibumoso Ishimwe Christian usoje amasezerano mu Ikipe y’Ingabo yagezemo mu myaka ibiri ishize avuye muri AS Kigali.
Biravugwa ko Rayon Sports iri gucungira hafi Ombolenga Fitina wa APR FC kugira ngo izamusinyishe natandukana n’iyi kipe y’ingabo z’igihugu.
Rayon Sports ikomeje gushaka abakinnyi bakomeye bazayifasha kwisubiza icyubahiro mu mwaka utaha w’imikino.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…