IMIKINO

Rayon Sports irashaka gukora akantu muri APR Fc

Ikipe ya Rayon Sports yamaze gutandukana n’abakinnyi babiri barimo umunyezamu Simon Taamale ukomoka muri Uganda ndetse na Bavakure Ndekwe Félix ukina hagati.

Advertisements

Aba bakinnyi bombi bari bashoje amasezerano, babwiwe ko batazongererwa.

Aba biyongereye ku bandi batanu iheruka kurekura barimo umunyezamu Hategekimana Bonheur.

Hari amakuru avuga ko Rayon Sports iri mu biganiro n’umunyezamu Ishimwe Pierre na Myugariro Ishimwe Christian bombi bakinira mukeba APR FC.

Umunyezamu Ishimwe Pierre w’imyaka 22, yamaze kubwirwa na APR FC ko afite uburenganzira bwo kwishakira indi kipe yakwerekezamo n’ubwo yari agifite amasezerano y’umwaka.

Ni mu gihe iyi kipe inashaka myugariro ukina ku ruhande rw’ibumoso Ishimwe Christian usoje amasezerano mu Ikipe y’Ingabo yagezemo mu myaka ibiri ishize avuye muri AS Kigali.

Biravugwa ko Rayon Sports iri gucungira hafi Ombolenga Fitina wa APR FC kugira ngo izamusinyishe natandukana n’iyi kipe y’ingabo z’igihugu.

Rayon Sports ikomeje gushaka abakinnyi bakomeye bazayifasha kwisubiza icyubahiro mu mwaka utaha w’imikino.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago