INKURU ZIDASANZWE

Hamenyekanye ikosa rikomeye ryatumye Senateri Mupenzi yegura

Ku wa Gatanu tariki ya 7 Kamena ni bwo Inteko Ishinga Amategeko yanditse ku rubuga rwayo rwa X ko Perezida wa Sena yakiriye ibaruwa y’ubwegure bwa Mupenzi; ivuga ko “yeguye ku mpamvu ze bwite”.

Advertisements

Mupenzi George wari umusenateri mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, umutwe wa Sena, yeguye kubera ubusinzi nk’uko amakuru abivuga.

The New Times yanditse ko ifite amakuru yizewe y’uko ku wa Gatatu tariki ya 5 Kamena, Mupenzi yari yagaragaye mu businzi, ndetse akaba yarafashwe atwaye imodoka yasinze.

Mupenzi George yari umusenateri muri Sena y’u Rwanda kuva mu Ukwakira 2019, aho yari ahagarariye Intara y’Uburasirazuba.

Uyu mugabo icyakora si we ntumwa ya rubanda wenyine ubusinzi bweguje mu Nteko Ishinga Amategeko.

Ku wa 14 Ugushyingo 2022, Gamariel Mbonimana wari umudepite yeguye nyuma yo kugaragaraho amakosa y’ubusinzi bukabije.

Ku wa 28 Ukuboza 2022, Kamanzi Ernest wari umudepite na we yeguye nyuma yo gufatwa na Polisi atwaye imodoka yasinze.

Cyo kimwe na Senateri Mupenzi, aba bombi mu mabaruwa y’ubwegure bwabo na bo batangaje ko bahisemo kwegura “ku mpamvu zabo bwite”.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago