INKURU ZIDASANZWE

Minisitiri w’Intebe wa Denmark yakubiswe n’umugabo ku manywa yihangu

Ibiro bya Minisitiri w’intebe wa Denmark Mette Frederiksen byatangaje ko nyuma yo gusagarirwa arimo kugenda n’amaguru mu muhanda wo mu murwa mukuru Copenhagen, yaje kubabara byoroheje.

Advertisements

Ibi byabereye rwagati ku rubuga rwo mu murwa mukuru aho umugabo yaje amusanga maze aramuhutaza bikomeye.

Uwabikoze yatawe muri yombi.

Umukuru wa komisiyo y’Ubumwe bw’Uburayi Ursula von der Leyen ibi yabyise “igikorwa kibabaje, kinyuranyije n’ibintu byose twemera kandi duharanira i Burayi”.

“Minisitiri w’Intebe Mette Frederiksen yakubiswe ku wa gatanu nijoro i Kultorvet muri Copenhagen n’umugabo wahise afatwa. Ministiri w’intebe yatunguwe kandi ababazwa n’iki gikorwa,” ibi ni ibiri mu itangazo ryasohowe n’ibiro bye, ariko ridatanga amakuru arambuye.

Polisi yatangaje ko yataye muri yombi uwo mugabo kandi irimo gukora iperereza ku byabaye, yirinze kugira ibyo irenzaho.

Nta kiramenyekana ku cyateye uwo mugabo gukora ibyo.

Abatangabuhamya babiri, Marie Adrian na Anna Ravn, babwiye ikinyamakuru cyaho BT ko babonye uku gusagarira umutegetsi.

Umwe yabwiye icyo kinyamakuru ati: “Umugabo yaje aturutse mu kindi kerekezo aramuhutaza bikomeye ku rutugu, bituma abandagara ku ruhande”.

Aba bagore bavuze ko nubwo “yahutajwe bikomeye” minisitiri w’intebe ataguye hasi.

Bongeyeho ko yahise yicara muri café aho hafi.

Iki gitero kibaye mu gihe kuri iki cyumweru Denmark ikora amatora yo ku rwego rw’Uburayi.

Mette Frederiksen, ukuriye ishyaka rya Social Democrats rya Denmark mbere yari yagiye mu gikorwa cyo kwamamaza umukandida w’ishyaka rye Christel Schaldemose, nk’uko TV2 ya Denmark ibivuga.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago