Ibiro bya Minisitiri w’intebe wa Denmark Mette Frederiksen byatangaje ko nyuma yo gusagarirwa arimo kugenda n’amaguru mu muhanda wo mu murwa mukuru Copenhagen, yaje kubabara byoroheje.
Ibi byabereye rwagati ku rubuga rwo mu murwa mukuru aho umugabo yaje amusanga maze aramuhutaza bikomeye.
Uwabikoze yatawe muri yombi.
Umukuru wa komisiyo y’Ubumwe bw’Uburayi Ursula von der Leyen ibi yabyise “igikorwa kibabaje, kinyuranyije n’ibintu byose twemera kandi duharanira i Burayi”.
“Minisitiri w’Intebe Mette Frederiksen yakubiswe ku wa gatanu nijoro i Kultorvet muri Copenhagen n’umugabo wahise afatwa. Ministiri w’intebe yatunguwe kandi ababazwa n’iki gikorwa,” ibi ni ibiri mu itangazo ryasohowe n’ibiro bye, ariko ridatanga amakuru arambuye.
Polisi yatangaje ko yataye muri yombi uwo mugabo kandi irimo gukora iperereza ku byabaye, yirinze kugira ibyo irenzaho.
Nta kiramenyekana ku cyateye uwo mugabo gukora ibyo.
Abatangabuhamya babiri, Marie Adrian na Anna Ravn, babwiye ikinyamakuru cyaho BT ko babonye uku gusagarira umutegetsi.
Umwe yabwiye icyo kinyamakuru ati: “Umugabo yaje aturutse mu kindi kerekezo aramuhutaza bikomeye ku rutugu, bituma abandagara ku ruhande”.
Aba bagore bavuze ko nubwo “yahutajwe bikomeye” minisitiri w’intebe ataguye hasi.
Bongeyeho ko yahise yicara muri café aho hafi.
Iki gitero kibaye mu gihe kuri iki cyumweru Denmark ikora amatora yo ku rwego rw’Uburayi.
Mette Frederiksen, ukuriye ishyaka rya Social Democrats rya Denmark mbere yari yagiye mu gikorwa cyo kwamamaza umukandida w’ishyaka rye Christel Schaldemose, nk’uko TV2 ya Denmark ibivuga.
Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…