RWANDA

Rayon Sports yakusanyije arenga miliyoni 40 yo kwibikaho rutahizamu utyaye

Abakunzi ba Rayon Sports barimo Sadate Munyakazi bahuriye mu nama nyunguranabitekerezo yakusanyirijwemo arenga Miliyoni 40 zo kugura abakinnyi.

Ku wa Gatanu tariki ya 7 Kamena 2024 muri Grazia Hotel habereye inama yari yatumiwemo abafana b’imena ba Rayon Sports barimo n’abahoze bayiyobora nka Gacinya Chance Denis na Paul Muvunyi ariko bo batabashije kuyitabira.

Abagera kuri 22 bakunda Rayon Sports ndetse banatanga ibyobo kubera yo barimo Munyakazi Sadate ,Dr. Norbert, Furaha Jean Marie nibo bahuriye muri iyo nama.

Umuyobozi w’inama yatangiye yibutsa abitabiriye iyi nama ko Rayon Sports ari iyabakunzi bayo bityo bakwiye kuyifasha mu kwiyubaka bakayigurira Umukinnyi utaha izamu “Rutahizamu” Kandi ukomeye.

Aba bakunzi ba Rayon Sports bayobowe n’uwahoze ayobora iyi kipe Munyakazi Sadate b’itanze miliyoni 48 z’amafaranga y’u Rwanda.

Sadate wenyine yatanzemo Miliyoni 10 ndetse hagurwa n’amatike y’umwaka w’imikino utaha afite agaciro ka miliyoni 16 hakiyongeraho n’izindi miliyoni 32 bitanze yose hamwe akaba miliyoni 48.

Aya mafaranga y’itanzwe bemeranyijwe ko bagomba kuba bayashyikirije ubuyobozi bwa Rayon Sports bitarenze tariki ya 12 Kamena 2024, gusa basabye ubuyobozi gushishoza mu kugura abakinnyi beza Kandi bazatanga umusaruro.

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bw’ijeje abitabiriye iyi nama ko bazashishoza ntibongere kugwa mu mutego nkuwo baguyemo umwaka w’imikino ushize wa [2023-2024].

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

18 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

20 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

20 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

20 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

2 days ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

2 days ago