POLITIKE

Veronica yagizwe umunyamabanga mukuru mushya wa EAC

Kuwa 7 Kamena 2024, Perezida wa Sudani y’Epfo akaba n’Umuyobozi wa EAC, Salva Kiir Mayardit, yayoboye inama idasanzwe yasojwe yemerejwemo Umunyamabanga Mukuru mushya wa EAC, Veronica Mueni Nduva.

Ni nama yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba EAC bitabiriye Inama ya 23 idasanzwe yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga.

Veronica Nduva yashyizwe muri uyu mwanya na Perezida wa Kenya William Ruto nyuma y’uko Peter Mathuki wari umunyamabanga wa EAC yoherejwe guhagararira Kenya mu Burusiya.

Veronica yari Umunyamabanga Mukuru mu ishami rya Minisiteri y’Umurimo rishinzwe imikorere n’umusaruro w’abakozi. Yatangiye kuyobora ubunyamabanga bwa EAC nyuma y’igenda rya Peter Mathuki. Uyu mugore yamijuje mu bijyanye n’itumanaho ndetse akaba yarize n’ibijyanye na politiki n’imiyoborere muri Kaminuza ya Nairobi.

Abakuru b’ibihugu kandi baraganira ku kigomba gukurikira ho mu gihe urukiko rukuru muri Kenya rwanze ishyirwa ho rya Zablon Muruka Mokua nk’umucamanza mu rukiko rw’umuryango wa Afurika y’i Burasirazuba (EACJ), uyu itegeko rya Kenya rizwi nka (Law Society of Kenya) ryanzuye ko adafite ubushobozi bwo gukora iyi mirimo.

Iyi nama iteranye mu gihe inzego z’uyu muryango ziri gutaka ubukene ndatse zimwe zanahagaritse imirimo. Ibi byatewe no kudatanga imisanzu kwa bimwe mu bihugu binyamuryango.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

19 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

19 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

20 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

20 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago