Kuwa 7 Kamena 2024, Perezida wa Sudani y’Epfo akaba n’Umuyobozi wa EAC, Salva Kiir Mayardit, yayoboye inama idasanzwe yasojwe yemerejwemo Umunyamabanga Mukuru mushya wa EAC, Veronica Mueni Nduva.
Ni nama yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba EAC bitabiriye Inama ya 23 idasanzwe yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga.
Veronica Nduva yashyizwe muri uyu mwanya na Perezida wa Kenya William Ruto nyuma y’uko Peter Mathuki wari umunyamabanga wa EAC yoherejwe guhagararira Kenya mu Burusiya.
Veronica yari Umunyamabanga Mukuru mu ishami rya Minisiteri y’Umurimo rishinzwe imikorere n’umusaruro w’abakozi. Yatangiye kuyobora ubunyamabanga bwa EAC nyuma y’igenda rya Peter Mathuki. Uyu mugore yamijuje mu bijyanye n’itumanaho ndetse akaba yarize n’ibijyanye na politiki n’imiyoborere muri Kaminuza ya Nairobi.
Abakuru b’ibihugu kandi baraganira ku kigomba gukurikira ho mu gihe urukiko rukuru muri Kenya rwanze ishyirwa ho rya Zablon Muruka Mokua nk’umucamanza mu rukiko rw’umuryango wa Afurika y’i Burasirazuba (EACJ), uyu itegeko rya Kenya rizwi nka (Law Society of Kenya) ryanzuye ko adafite ubushobozi bwo gukora iyi mirimo.
Iyi nama iteranye mu gihe inzego z’uyu muryango ziri gutaka ubukene ndatse zimwe zanahagaritse imirimo. Ibi byatewe no kudatanga imisanzu kwa bimwe mu bihugu binyamuryango.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…