Amakipe abiri asanzwe ahanganye muri ruhago y’u Rwanda, APR Fc na Rayon Sports zigiye guhurira muri sitade Amahoro yavuguruwe.
Ni umukino ugiye kuba bwa mbere muri sitade Amahoro kuva yatangira kuvugururwa, ukaba uteganyijwe kuwa 15 Kamena 2024.
Amakuru avuga ko mu rwego rwo gufasha abakunzi b’umupira w’amaguru kwishimira igikorwaremezo gikomeye bagejejweho cyo kubakirwa iyi sitade, bashyiriweho umukino bise ‘Umuhuro mu Amahoro’.
Uyu mukino uzaba ufunguye ku makipe yombi kuko yemerewe kuzakoresha abakinnyi bose bafite yewe n’abari mu igeragezwa cyane ko aribyo bihe arimo.
Kwinjira kuri uyu mukino ni 1000 Frw ndetse n’ibihumbi 10 Frw mu myanya y’icyubahiro.
Icyakora uyu mukino ntabwo ari uwo gutaha iyi stade ku mugaragaro kuko izatahwa nyirizina tariki 4 Nyakanga 2024 mu birori byo kwizihiza imyaka 30 u Rwanda rumaze rwibohoye.
Stade Amahoro nshya ifite ubushobozi bwo kwakira abantu bicaye ibihumbi 45.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…