IMIKINO

Amavubi yongeye gushimisha Abanyarwanda mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’Isi

Mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’Isi kizaba mu mwaka wa 2026, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinze Lesotho igitego 1-0, biyihesha kongera kuyobora itsinda C, imbere y’Abafana bashoboka bari baje kuyishyigikira muri Moses Mabhida Stadium muri Afurika y’Epfo.

Amavubi yatsinze igitego kimwe ku busa cyatsinzwe mbere y’uko igice cya mbere kirangira, yirinda gukora ikosa kugeza umukino urangiye.

Amavubi yatangiye uyu mukino ahererekanya neza ndetse akinira mu rubuga rwa Lesotho nubwo nta buryo yabonaga.

Amavubi yongeye gushimisha Abanyarwanda

Ku munota wa 12, ubwugarizi bw’Amavubi bwakoze ikosa rikomeye butakaza umupira ariko rutahizamu wa Lesotho wasigaranye n’umunyezanu Fiacre ananirwa kumuroba.

Nyuma y’aho gato, Lesotho yabonye igitego ariko umusifuzi wo ku ruhande yemeza ko habayeho kirarira.

Amavubi yaje kubona amahirwe make mu minota yakurikiyeho ariko Nshuti Innocent na Kevin ntibayabyaza umusaruro.

Ku munota wa 45, Amavubi yazamutse neza, maze Djihad Bizimana acomekera umupira mwiza Omborenga Fitina winjiye nawe awuha Kwizera Jojea wari uhagaze neza mu rubuga rw’amahina, ahita awushyira mu nshundura. Iki gitego nicyo cyasoje iki gice.

Kwizera Jojea atsindwa igitego cyavuyemo intsinzi

Igice cya kabiri cyaranzwe no kugarira kw’Amavubi ariko Lesotho ntiyayugariza bikomeye nubwo yakiniraga cyane mu kibuga cyayo.

Mu minota 10 ya nyuma Lesotho yakangutse ibona uburyo bukomeye ku mupira wari uvuye muri koloneri, umukinnyi wayo awuteye ugarurwa n’igiti cy’izamu.

Umukino warangiye Amavubi atsinze ahita anayobora itsinda C n’amanota 7 inganya na Benin na Afurika y’Epfo yatsinze Zimbabwe ibitego 3-1 uyu munsi.

Imikino y’umunsi wa 5 izakurikiraho kuwa 17/3/2025

Rwanda v Nigeria

Zimbabwe v Benin

South Africa v Lesotho

Imikino y’umunsi wa 6 kuwa 24/3/2025

Benin v South Africa

Nigeria v Zimbabwe

Rwanda v Lesotho

Urutonde:

1. Rwanda 7pts (2)

2. SouthAfrica 7pts (1)

3. Benin 7pts (1)

4. Lesotho 5pts (1)

5. Nigeria 3pts (-1)

6. Zimbabwe 2pts (-4)

Amavubi ayoboye itsinda C mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’Isi

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

19 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

21 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

21 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

21 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

2 days ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

2 days ago