IMIKINO

Amavubi yongeye gushimisha Abanyarwanda mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’Isi

Mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’Isi kizaba mu mwaka wa 2026, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinze Lesotho igitego 1-0, biyihesha kongera kuyobora itsinda C, imbere y’Abafana bashoboka bari baje kuyishyigikira muri Moses Mabhida Stadium muri Afurika y’Epfo.

Advertisements

Amavubi yatsinze igitego kimwe ku busa cyatsinzwe mbere y’uko igice cya mbere kirangira, yirinda gukora ikosa kugeza umukino urangiye.

Amavubi yatangiye uyu mukino ahererekanya neza ndetse akinira mu rubuga rwa Lesotho nubwo nta buryo yabonaga.

Amavubi yongeye gushimisha Abanyarwanda

Ku munota wa 12, ubwugarizi bw’Amavubi bwakoze ikosa rikomeye butakaza umupira ariko rutahizamu wa Lesotho wasigaranye n’umunyezanu Fiacre ananirwa kumuroba.

Nyuma y’aho gato, Lesotho yabonye igitego ariko umusifuzi wo ku ruhande yemeza ko habayeho kirarira.

Amavubi yaje kubona amahirwe make mu minota yakurikiyeho ariko Nshuti Innocent na Kevin ntibayabyaza umusaruro.

Ku munota wa 45, Amavubi yazamutse neza, maze Djihad Bizimana acomekera umupira mwiza Omborenga Fitina winjiye nawe awuha Kwizera Jojea wari uhagaze neza mu rubuga rw’amahina, ahita awushyira mu nshundura. Iki gitego nicyo cyasoje iki gice.

Kwizera Jojea atsindwa igitego cyavuyemo intsinzi

Igice cya kabiri cyaranzwe no kugarira kw’Amavubi ariko Lesotho ntiyayugariza bikomeye nubwo yakiniraga cyane mu kibuga cyayo.

Mu minota 10 ya nyuma Lesotho yakangutse ibona uburyo bukomeye ku mupira wari uvuye muri koloneri, umukinnyi wayo awuteye ugarurwa n’igiti cy’izamu.

Umukino warangiye Amavubi atsinze ahita anayobora itsinda C n’amanota 7 inganya na Benin na Afurika y’Epfo yatsinze Zimbabwe ibitego 3-1 uyu munsi.

Imikino y’umunsi wa 5 izakurikiraho kuwa 17/3/2025

Rwanda v Nigeria

Zimbabwe v Benin

South Africa v Lesotho

Imikino y’umunsi wa 6 kuwa 24/3/2025

Benin v South Africa

Nigeria v Zimbabwe

Rwanda v Lesotho

Urutonde:

1. Rwanda 7pts (2)

2. SouthAfrica 7pts (1)

3. Benin 7pts (1)

4. Lesotho 5pts (1)

5. Nigeria 3pts (-1)

6. Zimbabwe 2pts (-4)

Amavubi ayoboye itsinda C mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’Isi

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago