POLITIKE

Ingabo z’u Rwanda zivuganye ibyihebe muri Mozambique

Ingabo z’u Rwanda, zifasha iza Mozambique mu kurwanya ibyihebe, ziravuga ko zishe byibuze ibyihebe [abajihadiste] 70 mu gace ka Mbau, ko mu karere ka Mocímboa da Praia, mu majyaruguru y’intara ya Cabo Delgado.

Advertisements

Nk’uko Televiziyo ya Mozambike (TVM) ibitangaza ngo ibi byihebe bigize itsinda ry’abantu 150 bateye Mbau ku ya 29 Gicurasi.

Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda yatangarije iyi TV ko ari ikosa rikomeye ku byihebe kugaba ibitero ku birindiro no mu midugudu birinzwe n’ingabo z’u Rwanda.

Mu mashusho yerekanwe n’iyi TV, imirambo y’ibyihebe byishwe yari irambaraye hasi. Birashoboka ko aya ari amashusho yafashwe ku munsi w’igitero, aho raporo za mbere zatangajwe na Perezida Nyusi, zagaragaje ko ibyihebe biri hagati ya 11 na 13 byishwe.

Nk’uko amakuru aturuka muri kariya karere abivuga, mu nomero yo ku wa mbere y’ikinyamakuru cyigenga cyitwa “Carta de Moçambique”, ibyihebe byagerageje kongera kwibasira abaturage ba Mbau, ingabo z’u Rwanda zitabara vuba.

Uwahaye amakuru iki kinyamakuru cyandika, yemeje ko ibyihebe byashakaga kwihorera ku basivili, nyuma y’icyumweru kimwe bikubiswe inshuro na RDF.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago