Nyuma y’uko bihwihwishwe ko ikipe ya Real Madrid yo muri Espagne itazakina igikombe cy’Isi cy’amakipe, kuri ubu umutoza yemeje ko ntakizasibya iy’ikipe kuzakina iri rushanwa.
Iyi kipe yanyomoje ibyari byavuzwe n’ikinyamakuru Il Giornale cyari cyatangaje ko Carlo Ancelotti yakibwiye ko batazitabira iki gikombe kubera ko amafaranga akirimo ari make ndetse ko abakinnyi badashaka kugikina kubera ubwinshi bw’imikino.
Real Madrid yagize iti: “Nta gushidikanya, tuzaba turi mu gikombe cy’isi kandi dutewe ishema no guhatana tugatwara igikombe ku bw’abafana bacu”.
Carlo Ancelotti nawe yavuze ko kiriya kinyamakuru cyavuze nabi ibyo yavuze, ati: “Mu kiganiro nagiranye na Il Giornale, amagambo yanjye yerekeye igikombe cy’Isi cy’amakipe ntabwo yasobanuwe mu buryo nashakaga.
Nta kintu na kimwe cyatuma nanga amahirwe yo gukina amarushanwa mbona ko ari amahirwe akomeye yo gukomeza kurwanira ibikombe bikomeye muri Real Madrid”.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…