Nyuma y’uko bihwihwishwe ko ikipe ya Real Madrid yo muri Espagne itazakina igikombe cy’Isi cy’amakipe, kuri ubu umutoza yemeje ko ntakizasibya iy’ikipe kuzakina iri rushanwa.
Iyi kipe yanyomoje ibyari byavuzwe n’ikinyamakuru Il Giornale cyari cyatangaje ko Carlo Ancelotti yakibwiye ko batazitabira iki gikombe kubera ko amafaranga akirimo ari make ndetse ko abakinnyi badashaka kugikina kubera ubwinshi bw’imikino.
Real Madrid yagize iti: “Nta gushidikanya, tuzaba turi mu gikombe cy’isi kandi dutewe ishema no guhatana tugatwara igikombe ku bw’abafana bacu”.
Carlo Ancelotti nawe yavuze ko kiriya kinyamakuru cyavuze nabi ibyo yavuze, ati: “Mu kiganiro nagiranye na Il Giornale, amagambo yanjye yerekeye igikombe cy’Isi cy’amakipe ntabwo yasobanuwe mu buryo nashakaga.
Nta kintu na kimwe cyatuma nanga amahirwe yo gukina amarushanwa mbona ko ari amahirwe akomeye yo gukomeza kurwanira ibikombe bikomeye muri Real Madrid”.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…