IMIKINO

Robinho wakanyujijeho mu makipe akomeye ku Isi ubuzima bukomeje kumusharirira muri gereza

Robinho wakanyujijeho muri ruhago ku rwego mpuzamahanga ari kwiga umwuga mushya wo gukanika Televiziyo na Radiyo muri gereza nyuma yo gufungwa ashinjwa gusambanya ku ngufu umukobwa mu Butaliyani.

Uyu wahoze akinira Real Madrid, Man City na AC Milan, yakatiwe igifungo cy’imyaka icyenda muri gereza ya Hellhole yo muri Brazile azira icyaha cyo gufata ku ngufu.

Mu rwego rwo kurwanya irungu, uyu arimo kwiga amasomo muri gereza yo gukanika ibikoresho bya elegitoroniki.

Uyu mukinnyi ubarirwa kuba atunze miliyoni 60 z’amapawundi,ubu ari kwiga uyu mwuga nkuko biteganyijwe muri gahunda ya gereza yo gufasha abagororwa kwiga imyuga kugira ngo izabafashe barekuwe.

Umunyamategeko wa Robinho, Mario Rosso Vale, yavuze ko uyu mugabo yabaye intangarugero kuva yafungwa muri Werurwe uyu mwaka.

Yabwiye The Sun ati “Robinho aratuje kandi amaze kumenyera. Yabaye imfungwa y’icyitegererezo kandi nta kibazo afitanye n’abandi bagororwa.

Yakomeje agira ati “Ndetse bamuhaye inkweto zo gukinisha umupira w’amaguru, akimara gufungwa, kugira ngo ajye akina mu gihe cyo kwidagadura. Yakomeje gushaka ikimuhuza. Yiyandikishije mu masomo yibanze ya electronics yiga gukora TV na radio. Agomba kwiga amasaha 600 kugira ngo arangiza uyu mwuga. “

Uyu mukinnyi yahamijwe icyaha cyo kugira uruhare mu gufata ku ngufu umugore wo muri Albania mu kabyiniro n’ijoro i Milan mu gihugu cy’u Butaliyani mu mwaka wa 2013.

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

17 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

19 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

19 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

19 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

2 days ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

2 days ago