IMIKINO

Robinho wakanyujijeho mu makipe akomeye ku Isi ubuzima bukomeje kumusharirira muri gereza

Robinho wakanyujijeho muri ruhago ku rwego mpuzamahanga ari kwiga umwuga mushya wo gukanika Televiziyo na Radiyo muri gereza nyuma yo gufungwa ashinjwa gusambanya ku ngufu umukobwa mu Butaliyani.

Advertisements

Uyu wahoze akinira Real Madrid, Man City na AC Milan, yakatiwe igifungo cy’imyaka icyenda muri gereza ya Hellhole yo muri Brazile azira icyaha cyo gufata ku ngufu.

Mu rwego rwo kurwanya irungu, uyu arimo kwiga amasomo muri gereza yo gukanika ibikoresho bya elegitoroniki.

Uyu mukinnyi ubarirwa kuba atunze miliyoni 60 z’amapawundi,ubu ari kwiga uyu mwuga nkuko biteganyijwe muri gahunda ya gereza yo gufasha abagororwa kwiga imyuga kugira ngo izabafashe barekuwe.

Umunyamategeko wa Robinho, Mario Rosso Vale, yavuze ko uyu mugabo yabaye intangarugero kuva yafungwa muri Werurwe uyu mwaka.

Yabwiye The Sun ati “Robinho aratuje kandi amaze kumenyera. Yabaye imfungwa y’icyitegererezo kandi nta kibazo afitanye n’abandi bagororwa.

Yakomeje agira ati “Ndetse bamuhaye inkweto zo gukinisha umupira w’amaguru, akimara gufungwa, kugira ngo ajye akina mu gihe cyo kwidagadura. Yakomeje gushaka ikimuhuza. Yiyandikishije mu masomo yibanze ya electronics yiga gukora TV na radio. Agomba kwiga amasaha 600 kugira ngo arangiza uyu mwuga. “

Uyu mukinnyi yahamijwe icyaha cyo kugira uruhare mu gufata ku ngufu umugore wo muri Albania mu kabyiniro n’ijoro i Milan mu gihugu cy’u Butaliyani mu mwaka wa 2013.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago