Saulos Chilima wari Visi Perezida wa Malawi n’abagenzi bose bari kumwe mu ndege bapfuye.
Iby’uru rupfu byemejwe na Perezida wa Malawi Lazarus Chakwera wavuze ko Visi Perezida Saulos Chilima n’abagenzi bose bagera ku Cyenda bari kumwe mu ndege ya gisirikare yari yabuze ku wa mbere “bapfuye nyuma y’uko ihanutse”.
Yavuze ko ibisigazwa by’iyo ndege byasanzwe hafi y’umusozi “byashwanyaguritse burundu”, nta warokotse.
Kuwa Mbere tariki 10 Kamena, hasohotse itangazo ry’Ibiro bya Perezidansi ya Malawi ryemeje ko iyi ndege yabuze ndetse hakomeje ibikorwa byo kuyishakisha.
Ryavuze ko uburyo bwose bwifashishijwe ngo bavugane n’abari batwaye indege nta musaruro bwatanze.
Aba bakaba bahanukiye mu ishyamba rya Chikangawa bitewe n’ikirere kitari kimeze neza.
Iyi ndege y’ingabo za Malawi “yavuye kuri radar” nyuma yo kuva mu murwa mukuru Lilongwe, mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere.
Perezida Chakwera yategetse ko bayishaka hagashyirwaho n’ikipe y’abatabazi nyuma y’uko abashinzwe iby’indege badashoboye kuvugana n’iyi ndege.
Yagombaga kugwa ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Mzuzu, mu majyaruguru y’igihugu, nyuma gato ya saa yine z’aho (11:00 BST).
Nyuma yo kumenyeshwa ibyabaye, Perezida wa Malawi, Lazarus Chakwera, yahagaritse urugendo yateganyaga muri Bahamas.
Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…
Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…
Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…