Saulos Chilima wari Visi Perezida wa Malawi n’abagenzi bose bari kumwe mu ndege bapfuye.
Iby’uru rupfu byemejwe na Perezida wa Malawi Lazarus Chakwera wavuze ko Visi Perezida Saulos Chilima n’abagenzi bose bagera ku Cyenda bari kumwe mu ndege ya gisirikare yari yabuze ku wa mbere “bapfuye nyuma y’uko ihanutse”.
Yavuze ko ibisigazwa by’iyo ndege byasanzwe hafi y’umusozi “byashwanyaguritse burundu”, nta warokotse.
Kuwa Mbere tariki 10 Kamena, hasohotse itangazo ry’Ibiro bya Perezidansi ya Malawi ryemeje ko iyi ndege yabuze ndetse hakomeje ibikorwa byo kuyishakisha.
Ryavuze ko uburyo bwose bwifashishijwe ngo bavugane n’abari batwaye indege nta musaruro bwatanze.
Aba bakaba bahanukiye mu ishyamba rya Chikangawa bitewe n’ikirere kitari kimeze neza.
Iyi ndege y’ingabo za Malawi “yavuye kuri radar” nyuma yo kuva mu murwa mukuru Lilongwe, mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere.
Perezida Chakwera yategetse ko bayishaka hagashyirwaho n’ikipe y’abatabazi nyuma y’uko abashinzwe iby’indege badashoboye kuvugana n’iyi ndege.
Yagombaga kugwa ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Mzuzu, mu majyaruguru y’igihugu, nyuma gato ya saa yine z’aho (11:00 BST).
Nyuma yo kumenyeshwa ibyabaye, Perezida wa Malawi, Lazarus Chakwera, yahagaritse urugendo yateganyaga muri Bahamas.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…