RWANDA

Eric uzwi nka ‘X-Dealer’ wari waravuzweho kwiba telefone ya The Ben yabaye umwere

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwagize umwere Ndagijimana Eric uzwi nka ‘X-Dealer’ nyuma y’igihe kinini akurikiranweho kwiba telefone ngendanwa y’umuhanzi The Ben.

Advertisements

Ni mu isomwa ry’urubanza ryabaye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 12 Kamena 2024.

Ni nyuma y’uko ku wa 3 Kamena 2024, Urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge rwaburanishaga mu mizi urubanza Ndagijimana yaregwagamo n’Ubushinjacyaha kwiba telefone ya The Ben, icyaha cyabereye i Bujumbura ku wa 24 Ukuboza 2024.

Urukiko rwagize umwere uyu musore nyuma y’uko Ubushinjacyaha bwo bwari bwamusabiye gufungwa imyaka ibiri.

Telefoni ya The Ben yibiwe i Bujumbura mu Burundi ku itariki 1 Ukwakira 2023 mu ijoro ryabereyemo igitaramo cyabereye ahitwa Eden Garden Resort, ku nkengero z’Ikiyaga cya Tanganyika.

Nyuma yo kwibwa iyi telefone, Ndagijimana yaje kuregerwa Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwari rwategetse ko afungwa by’agateganyo iminsi 30, icyemezo uyu musore yaje kujuririra mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge birangira mu Ugushyingo 2024 arekuwe akurikiranwa ari hanze.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago