RWANDA

Eric uzwi nka ‘X-Dealer’ wari waravuzweho kwiba telefone ya The Ben yabaye umwere

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwagize umwere Ndagijimana Eric uzwi nka ‘X-Dealer’ nyuma y’igihe kinini akurikiranweho kwiba telefone ngendanwa y’umuhanzi The Ben.

Ni mu isomwa ry’urubanza ryabaye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 12 Kamena 2024.

Ni nyuma y’uko ku wa 3 Kamena 2024, Urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge rwaburanishaga mu mizi urubanza Ndagijimana yaregwagamo n’Ubushinjacyaha kwiba telefone ya The Ben, icyaha cyabereye i Bujumbura ku wa 24 Ukuboza 2024.

Urukiko rwagize umwere uyu musore nyuma y’uko Ubushinjacyaha bwo bwari bwamusabiye gufungwa imyaka ibiri.

Telefoni ya The Ben yibiwe i Bujumbura mu Burundi ku itariki 1 Ukwakira 2023 mu ijoro ryabereyemo igitaramo cyabereye ahitwa Eden Garden Resort, ku nkengero z’Ikiyaga cya Tanganyika.

Nyuma yo kwibwa iyi telefone, Ndagijimana yaje kuregerwa Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwari rwategetse ko afungwa by’agateganyo iminsi 30, icyemezo uyu musore yaje kujuririra mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge birangira mu Ugushyingo 2024 arekuwe akurikiranwa ari hanze.

Christian

Recent Posts

Hamenyekana icyatumye Karim Benzema ajya gukinira shampiyona yo muri Arabia Saudite

Rutahizamu w’Umufaransa, Karim Benzema ukinira Al-Ittihad yo muri Arabie Saoudité, yavuze ko kimwe mu byatumye…

3 hours ago

Amerika yahagaritse inkunga ya gisirikare ku gihugu cya Ukraine

Umukozi wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko Trump yifuza ko Perezida…

4 hours ago

U Rwanda rwafatiwe ibihano n’ikindi gihugu gikomeye ku Isi

Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…

7 hours ago

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

1 day ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

1 day ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

1 day ago