IMIKINO

Imbamutima za Kwizera Jojea watsindiye igitego cy’intsinzi Amavubi bwa mbere yarahamagawe

Rutahizamu mushya w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Jojea Kwizera yatangaje ko yishimiye guhesha igihugu cye intsinzi ndetse n’uko yakiriwe muri rusange.

Mu ijambo rye ryuzuye amashimwe, Kwizera yagize ati “Ndishimye cyane, nishimiye kuba hano kandi twari beza twese nk’ikipe. Kuvamo kwanjye kwari amayeri y’umutoza ntabwo kwari ukunanirwa.”

Uyu mukinnyi w’imyaka 25 yatsinze igitego ku mupira yahawe na Omborenga Fitina ariko abanza gutuza awugumanaho umwanya muto. Ni ibintu avuga ko yagombaga gukora kugira ngo areba aho ashyira umupira.

Ati “Nagombaga gutuzamo nkashaka umwanya n’inguni nziza nagombaga guteramo umupira.”

Yakomeje avuga ko yatangiye kumenyerana na bagenzi be by’umwihariko abo mu gice cy’ubusatirizi kandi ko agiye gukomeza kwitwara neza.

U Rwanda rwatsinze Lesotho igitego 1-0, mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’Isi, ibintu byatumye rukomeza kuyobora itsinda C ruhereyeyemo n’amanota arindwi, rukaba rukurikiwe n’ibihugu bifite amazina akomeye ku Isi nka South Africa, Benin, Nigeria na Zimbabwe.

Kwizera Jojea yigaragaje bwa mbere yarahamagawe mu ikipe y’Igihugu y’u Rwanda.

Jojea kandi usanzwe ukinira muri Amerika yifuje kidahita akomereza aho asanzwe akinira, ahitamo kubanza kunyurwa ku butaka bwa mwibarutse mu gihugu cy’u Rwanda bwa mbere ahakandagiye.

Christian

Recent Posts

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

1 day ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

2 days ago

Amerika yagabanyije inkunga yahaga Afurika y’Epfo

Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…

2 days ago

U Burundi bwavuze ko ntaho buhuriye n’igitero cyagabwe i Bukavu

Igisirikare cy’u Burundi cyahakanye ku kuba ari cyo cyagabye igitero ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage…

2 days ago

Umutoza Jose Mourinho yahawe ibihano

José Mourinho utoza Fenerbahçe SK yahagaritswe imikino ine ndetse anacibwa amande ya 35.194£, nyuma yo…

2 days ago

Agezweho: Inama yariteraniye i Bukavu haturikiye igisasu, Bisimwa atangaza ababyihishe inyuma

Kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare 2025, mu Mujyi wa Bukavu hakozwe inama yaririmo…

3 days ago