Impuzamashyirahamwe ry’Umupira w’amaguru muri Afurika, CAF, yemeje ko Tombola y’amatsinda y’igikombe cy’Afrika 2025, izabera i Johannesburg ku ya 04 Nyakanga 2024.
Amakipe y’ibihugu 48 azagabanywa mu matsinda 12 agizwe n’amakipe ane, abiri ya mbere azahita abona itike yo kujya muri iri rushanwa rizaba rikinwa ku nshuro ya 35.
Iyi tombola izabera muri studio za televiziyo ya Super Sport, saa Munani n’Igice ku masaha y’i Kigali.
Nubwo u Rwanda rumaze iminsi rwitwara neza mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi, rwashyizwe mu gakangara ka kane ari nako ka nyuma kanabarizwamo ibihugu bine byaciye mu majonjora y’ibanze ari byo Tchad, Eswatini, Liberia na Sudani y’Epfo.
Ibindi bihugu biri muri ako gakangara ni Centrafrique, Niger, Gambia, u Burundi, Éthiopia, Botswana na Lesotho.
Imikino y’amajonjora yo kujya mu Gikombe cya Afurika kizabera muri Maroc iteganyijwe gutangira muri Nzeri uyu mwaka aho.
Ubwo Sitade Amahoro izaba itahwa, Amavubi azahita amenya ikipe ya mbere mpuzamahanga izayikiniraho, cyane ko amajonjora y’Igikombe cy’Isi yo azagaruka umwaka utaha.
Umuhanzi w'icyamamare John Legend, wari washizweho igitutu cyo guhagarika gukorera igitaramo i Kigali, yavuze ko…
Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko nta gitutu uyu mutwe wigeze ushyira ku ngabo…
Minisitiri w’ubucuruzi muri New Zealand, Andrew Bayly yeguye ku mirimo ye nyuma yo gushyira ikiganza…
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yaganiriye na David Lappartient uyobora ishyirahamwe ry'umukino w'amagare ku Isi…
Mu ishuri ry'Amahugurwa ry'Urwego rw'u Rwanda Rushinzwe Igorora RCS, riherereye mu Karere ka Rwamagana, habereye…
Ikipe y'u Rwanda irakina na Senegal, mu mukino wa mbere wo gushaka itike y'igikombe cy'Afurika…