POLITIKE

Haratangazwa urutonde ntakuka rw’abakandida bemerewe guhatanira kuyobora u Rwanda

Biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Kamena 2024, ari bwo Komisiyo y’igihugu y’amatora itangaza urutonde ntakuka rw’abazahatana mu matora y’umukuru w’igihugu n’ay’abadepite.

Advertisements

Mu rutonde rw’agateganyo rw’abakandida ku mwanya wo guhatanira uzayobora u Rwanda hari hasohotse batatu, aribo Paul Kagame, Frank Habineza, Philip Mpayimana.

Twakwibutsa ko aba banyapolitiki aribo n’ubusanzwe bahatanye mu matora aheruka ya 2017. Amatora yaje kwegukanwa na Paul Kagame ku bwiganze buri hejuru 98% by’amajwi.

Ku itariki 6 Kamena 2024, ni bwo Komisiyo y’igihugu y’amatora yatangaje urutonde rw’agateganyo rw’abakandida buzuje ibisabwa kuziyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu.

Ni urutonde rwariho gusa Perezida Kagame watanzwe n’ishyaka FPR -Inkotanyi riri ku butegetsi, Dr Frank Habineza w’ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije mu Rwanda na Philippe Mpayimana, umukandida wigenga.

Abakandida batandatu bigenga kuri uyu mwanya Komisiyo y’igihugu bose yavuze ko batujuje ibisabwa. Abo barimo Jean Mbanda, Diane Shima Rwigara, Herman Manirareba, Thomas Habimana, Innocent Hakizimana na Barafinda Sekikubo Fred. Bose bagahurira ku kuba batababashije kugaragaza imikono 12 muri buri karere ishyigikira kandidatire zabo.

Nyuma y’uko Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora Oda Gasinzigwa, atangazaje urutonde rw’agateganyo ku bemerewe kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika, mu matora y’uyu mwaka yashyizemo icyitonderwa. Gasinzigwa yashimangiye ko ibituzuye kuri lisiti y’abashyigikiye umukandida wigenga bidashobora kuzuzwa nyuma y’itariki ya 30/05.

Gusa kuri bamwe mu bakandida bari baratanze ibyangombwa ariko bakaza kubwirwa ko butujuje ibisabwa bagiye bagaragaza ko batishimiye ibyatangajwe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora.

Hakizimana yasobanuye ko nyuma y’aho komisiyo y’igihugu y’amatora imugaragarije ku rutonde rw’abatujuje ibisabwa bwakeye ayitura. Avuga ko yatanze ubujurire mu nyandiko kandi babwakiriye bakajya banaganira kuri telefone nk’uko yabitangarije Ijwi ry’Amerika.

Ku ruhande rwa Diane Shima Rwigara warutanze kandidatire ye ku nshuro ya kabiri dore ko niheruka mu mwaka wa 2017, ataje guhirwa yavuze ko hari ibyo abashinzwe gutegura amatora bakwiye guhindura mu mitegurire yayo.

Ni kimwe na Barafinda Ssekikubo Fred wagonzwe no kubura imikono nawe wagaragaje ko hari icyagombye gukorwa mu mugambi wo kudakumira abashaka guhatana ku mwanya w’umukuru w’igihugu mu matora y’uyu mwaka.

Bwana Barafinda Ssekikubo Fred ni ubwa kabiri yaragarutse mu gutanga kandidatire ye ku mwanya wo guhatanira kuyobora u Rwanda.

Abakandida ndakuka bari butangazwe bazatangira kwiyamamaza hirya no hino mu gihugu, ibikorwa bizatangira tariki 22 Kamena kugeza tariki 13 Nyakanga 2024.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago