IMIKINO

Muhadjiri yateye umugongo Rayon Sports kubera amafaranga

Hakizimana Muhadjiri wari warazweho ko yamaze gusinyira ikipe ya Rayon Sports, yabihinyuje avuga ko akiri umukinnyi wa Polisi Fc.

Advertisements

Muhadjiri uri mu bakinnyi bagiye bagarukwaho cyane mu binyamakuru byinshi bivuga ko yamaze kwerekeza muri Rayon Sports, ubwe yavuze ko ntaho yagiye kuko atari kwemera kujyayo bitewe n’ibyo batumvikanyeho birimo n’amafaranga yasabye ikipe ya Rayon Sports ikayabura agahitamo kuyirekana nawe.

Kurundi ruhande Hakizimana Muhadjiri bivugwa ko Rayon Sports yagiye kumwegera ariko we ko yaramaze kongera amasezerano mashya na Police FC.

Amakuru ahari nuko Hakizimana Muhadjiri ngo hashize icyumweru kirenga yongereye amasezerano y’imyaka ibiri muri Police FC ndetse iby’uko yasinyiye Rayon Sports bitigeze bibaho.

Amakuru aravuga ko uyu mukinnyi yafashe iki cyemezo kubera ko Rayon Sports nta mafaranga yo kugura abakinnyi ifite, abo iganirije ibabwira ko izayabaha nyuma.

Ibi niko byagenze no ku murundi wari wemeye kuyijyamo witwa Fred, waje gusinyira Mukura VS kubera kutizera amagambo ya Rayon Sports.

Ibiganiro bya Muhadjiri na Rayon Sports byatangiye ubwo umwaka wa shampiyona wasozwaga cyane ko uyu mukinnyi benshi bafata nk’ufite impano kurusha abandi bakina mu Rwanda,yahishuye kenshi ko akunda iyi kipe.

Police FC yakomeje gukurikirana imenya ko Rayon Sports nta mafaranga ifite birangira imwegukanye nkuko amakuru ahari abivuga.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago