AMATORA

Abakandida 589 nibo bahataniye imyanya 80 mu nteko nshingamategeko

Kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Kamena 2024, Komisiyo y’igihugu y’amatora yatangaje urutonde ntakuka rw’abakandida ku mwanya w’umukuru w’igihugu ndetse no ku myanya w’abadepite. Kuri uru rutonde ntakuka abahatanira imyanya 80 mu nteko ishingamategeko bagera kuri 589.

Uru rutonde rwashyizwe ahagaraga ku mwanya wa Perezida wa Repubulika hagaragara ho abakandida 3. Paul Kagame watanzwe na FPR Inkotanyi, Habineza Frank watanzwe n’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije DGPR ndetse na Mpayimana Philipe umukandida wigenga.

Kuri uru rutonde kandi hemejwe bidasubirwa ho abakandida 80 ku mwanya w’abadepite batanzwe na FPR Inkotanyi n’imitwe ya Politiki yifatanyije. Hemejwe kandi abakandida 54 ba PL, 59 ba PSD, 50 ba Green Party, 55 ba PDI 47 ba PS Imberakuri n’umukandida umwe wigenga. Aba bagomba guhatanira imyanya 53 y’abakandida rusange. Bivuze ko abakandida 346 aribo bahataniye imyanya 53 y’abadepite batorwa ba rusange.

Mu byiciro byihariye abagore imyanya 24 y’abagore ihataniwe n’abagore 199. Mu rubyiruko 31 bazahatanira imyanya 2 naho abafite ubumuga 13 bazahatanira umwanya umwe.

Amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’abagize inteko ishingamategeko umutwe w’abadepite ateganijwe taliki 14 Nyakanga ku banyarwanda baba mu mahanga na taliki 15 Nyakanga ku banyarwanda baba imbere mu gihugu.  Amatora y’ibyiciro byihariye ateganijwe kuwa 16 Nyakanga.

Christian

Recent Posts

Rayon Sports yatandukanye na Lawrence Webo

Ikipe Rayon Sports yatandukanye n’Umunya-Kenya, Lawrence Webo watozaga abanyezamu ba yo mu mwaka w’imikino ushize.…

6 hours ago

Umunyarwanda yapfiriye mu gihugu cya Oman

Umwe mu Banyarwanda bakoreraga mu gihugu cya Oman, yagonzwe n’imodoka ahita yitaba Imana. Inkuru y’urupfu…

6 hours ago

APR Fc yatomboye amakipe y’ibigugu mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup

Ikipe ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup, ariyo APR FC yisanze mu…

11 hours ago

Perezida Biden yavuze impamvu yitwaye nabi mu kiganiro mpaka na Donald Trump

Perezida w’Amerika Joe Biden yegetse kwitwara nabi kwe mu kiganiro mpaka mu cyumweru gishize ku…

14 hours ago

Kigali: Inzu izwi nka ‘Makuza Peace Plaza’ yahiye

Inzu izwi nka Makuza Peace Plaza mu karere ka Nyarugenge yafashwe n’inkongi y’umuriro mu gitondo…

15 hours ago

“Akaga u Rwanda rwagize n’ukugira abayobozi b’abapumbafu”-Perezida Kagame yiyamamaza i Kirehe

Kuri uyu wa Kabiri tariki 2 Nyakanga, umukandida wa FPR Inkotanyi Paul Kagame yiyamamarije mu…

1 day ago