Inteko ishinga amategeko ya Afurika y’Epfo yongeye gutora Cyril Ramaphosa nk’umukuru w’igihugu nyuma y’aho habaye ubwumvikane hagati y’ishyaka riri ku butegetsi (ANC) n’amashyaka atavuga rumwe naryo.
Iyo leta nshya y’ubumwe ihuza ANC ya Ramaphosa, Democradic Alliance (DA) iri hagati na hagati mu ruhande rw’abagendera ku mahame y’i buryo (center right/centre droite) hamwe n’ayandi mashyaka mato.
Mu ijambo rye ryo kwakira intsinzi, Ramaphosa yavuze ko ababatoye biteze ku bayobozi ’’gukorera hamwe ku neza y’abantu bose mu gihugu cyacu’’.
Ubwo bwumvikane bwabonetse ku munsi waranzwe no kutumvikana kwinshi aho inteko ishinga amategeko yateranye bwije kugira ngo itore yemeze uzaba ayoboye iyo leta nshya.
Mbere y’aho hari habaye kumvikana nyuma y’iminsi abantu bibaza uwo ANC izemera ko bakorana nyuma yo gutakaza ubwiganze mu nteko ishinga amategeko bwa mbere mu myaka 30 mu matora yabaye mu kwezi gushize.
Yabonye amajwi 40%, DA nayo iza ku mwanya wa kabiri ku majwi 22%.
Ubwo bwumvikane bwatumye Ramaphosa – wasimbuye Jacob Zuma nk’umukuru w’igihugu n’umukuru w’ishyaka nyuma yo kurwanira ubutegetsi mu 2018-ashobora kuguma ku butegetsi.
Intambwe igiye gukurikiraho ni iy’uko Ramaphosa atanga imyanya muri leta, aho hakazaba harimo abo muri DA.
Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…