POLITIKE

Cyril Ramaphosa yongeye gutorerwa kuba Perezida wa Afurika y’Epfo

Inteko ishinga amategeko ya Afurika y’Epfo yongeye gutora Cyril Ramaphosa nk’umukuru w’igihugu nyuma y’aho habaye ubwumvikane hagati y’ishyaka riri ku butegetsi (ANC) n’amashyaka atavuga rumwe naryo.

Iyo leta nshya y’ubumwe ihuza ANC ya Ramaphosa, Democradic Alliance (DA) iri hagati na hagati mu ruhande rw’abagendera ku mahame y’i buryo (center right/centre droite) hamwe n’ayandi mashyaka mato.

Mu ijambo rye ryo kwakira intsinzi, Ramaphosa yavuze ko ababatoye biteze ku bayobozi ’’gukorera hamwe ku neza y’abantu bose mu gihugu cyacu’’.

Ubwo bwumvikane bwabonetse ku munsi waranzwe no kutumvikana kwinshi aho inteko ishinga amategeko yateranye bwije kugira ngo itore yemeze uzaba ayoboye iyo leta nshya.

Mbere y’aho hari habaye kumvikana nyuma y’iminsi abantu bibaza uwo ANC izemera ko bakorana nyuma yo gutakaza ubwiganze mu nteko ishinga amategeko bwa mbere mu myaka 30 mu matora yabaye mu kwezi gushize.

Yabonye amajwi 40%, DA nayo iza ku mwanya wa kabiri ku majwi 22%.

Ubwo bwumvikane bwatumye Ramaphosa – wasimbuye Jacob Zuma nk’umukuru w’igihugu n’umukuru w’ishyaka nyuma yo kurwanira ubutegetsi mu 2018-ashobora kuguma ku butegetsi.

Intambwe igiye gukurikiraho ni iy’uko Ramaphosa atanga imyanya muri leta, aho hakazaba harimo abo muri DA.

Christian

Recent Posts

Perezida Kagame yahishuye icyatumye yubaka inzu mu Bugesera

Mu butumwa yagejeje ku bitabiriye ibikorwa byo kwiyamamaza k’umukandida Perezida Paul Kagame watanzwe na FPR…

39 mins ago

Rutahizamu wa Rayon Sports y’Abagore yerekeje muri Portugal

Rutahizamu wa Rayon Sports WFC, Nibagwire Libellée yagiye kugerageza amahirwe mu ikipe yo mu gihugu…

1 hour ago

Mupenzi Eto’o n’abo bafatanyije bavuzweho kuroga ikipe ya Kiyovu Sports barekuwe

Mupenzi Eto’o yafunganwe na bagenzi be babiri bakoranaga muri APR FC aho bakekwagaho icyaha cyo…

2 hours ago

Ubujurire ku mitungo yo kwa Rwigara bwateshejwe agaciro

Icyemezo cy’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge cyatesheje agaciro cyamunara ku mutungo wa Asinapolo  Rwigara cyasomwe mu…

6 hours ago

Rayon Sports yaguze myugariro wabaye mwiza muri Senegal

Kuri uyu wa Gatanu nibwo myugariro w’Umunya-Sénégal, Omar Gningue, wakiniraga AS Pikine yo muri icyo…

1 day ago

Ubwongereza: Ishyaka ‘Labour Party’ ryarwanyije gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda ryatsinze amatora

Ishyaka ry’abakozi (Labour Party) niryo ryegukanye amatora y’abagize inteko ishingamategeko mu bwongereza. Bivuze ko uwitwa…

1 day ago