POLITIKE

Perezida Kagame yasubije abanenga ubutegetsi bw’u Rwanda

Perezida Kagame yavuze ko abanenga guverinoma bakwiriye kumenya ko Abanyarwanda bamaze kumenya guhangana n’ibibareba bityo aribo bakwiriye kumenya ibibabereye.

Advertisements

Perezida Kagame yavuze ku banenga u Rwanda bashingiye kuri demokarasi yarwo, birengagije ibibazo bafite iwabo cyangwa se ibyo u Rwanda rufite bagizemo uruhare.

Ati “Icyo ntemera, n’ukuba uri mu bateje ibibazo, na we ubwawe wifitiye ibibazo byawe, kuza ngo unyigishe uburyo ngomba guhangana n’ibibazo byanjye,wagizemo uruhare kuko bimwe byaguturutseho.

Twamenye kwiga guhangana n’ibitureba ku bw’inyungu z’abaturage bacu. Twumva ibyo batunenga nubwo tutabiha umwanya munini uretse ufite ibyo uvuga ubifitiye ibimenyetso, hanyuma tukabirebeho.”

Perezida Kagame yagaragaje ko ibihugu byinshi binenga politike z’ibindi bihugu, kenshi byo bitajya byihanganira abashobora kwivanga mu ya byo.

Ati “Bafite amategeko akomeye ndetse bavuga ko badashaka uwo ariwe wese kwivanga muri politike yabo, iyo bije ku matora, ukagira icyo uvuga kuri politike yabo uvuye hanze, babikwicira, ntabwo ari ibintu byo gushidikanyaho, ariko biraborohera kwivanga muri politike y’abandi.”

Perezida Kagame yashimangiye ko nubwo u Rwanda rumaze imyaka 30 rwibohoye rugihura n’abashaka kuruha amabwiriza ndetse ko bazakomeza kubaho n’ejo.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago